BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

Abaganga ‘bahangayikishijwe’ n’ubuzima bw’umwamikazi w’Ubwongereza

admin
Last updated: September 8, 2022 5:55 pm
admin
Share
SHARE

Abaganga bakurikiranye ubuzima bw’Umwamikazi Elizabeth II batangaje ko bahangayitse kubera ko uyu mukecuru w’imyaka 96 atameze neza.

Ubuzima bw’umwamikazi Elizabeth II w’Ubwongereza bumeze nabi

Umwamikazi Elizabeth II akurikiranwe n’abaganga aho atuye nyuma yo kugaragaza impungenge ku buzima bwe.

Itangazo ryasohowe n’i Bwami kuri uyu wa kane rivuga ko “Nyuma y’isuzuma ryakozwe muri iki gitondo, abaganga b’Umwamikazi bahangayikishijwe n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro, kandi bamusabye ko yakomeza kugenzurwa n’abavuzi.”

Iri tangazo ryavuze ko Umwamikazi Elizabeth II arwariye mu gace ka Balmoral muri Scotland. Igikomangoma Charles n’umugore wacyo Camilla bagiye kumuba iruhande.

Prince William n’umugore we Katte Middleton nabo bari mu nzira berekeza i Balmoral muri Scotland.

Nk’uko umuvugizi w’aba bombi abitangaza, Harry na Meghan, bari mu birori by’ubugiraneza , ubu bagiye i Balmoral. Abandi bagize umuryango berekeje mu ngoro y’i Bwami.

Arkiyepiskopi wa Westminster, Karidinali Vincent Nichols, umuyobozi wa kiliziya Gatolika mu Bwongereza, mu ijambo rye yavuze ko “ahangayikishijwe no kumva amakuru ajyanye n’ubuzima bwa Nyiricyubahiro Umwamikazi.”

Minisitiri w’Intebe mushya w’Ubwongereza Liz Truss mu butumwa yanditse kuri Twitter yagize ati “Ibitekerezo byanjye n’ibitekerezo by’abantu hirya no hino mu Bwongereza, turi kumwe na Nyiricyubahiro Umwamikazi n’umuryango we muri iki gihe.” 

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Uganda igiye gukomorera Facebook nyuma y’imyaka 5 ifunzwe 

2 Min Read
Mu mahanga

Gisagara: Abantu batatu bafunzwe bakekwaho kwica umugabo bamukase ijosi

1 Min Read
Politike

Dore abayobozi bashyizwe mu myanya mu nzego Nkuru z’u Rwanda 

1 Min Read
Politike

Tshisekedi yemeye guhurira na Perezida Kagame i Washington DC mu cyumweru gitaha

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?