BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

admin
Last updated: February 6, 2026 1:41 pm
admin
Share
SHARE

Mu Karere ka Rubavu hafatiwe umugabo w’imyaka 40 witwa Ernest, ukekwaho kwicira mugenzi we, Mbituyimana Ildephonse w’imyaka 30, mu isantere yo mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga , aho basangiraga izonga; agahita atoroka.

Ni ubwicanyi bwakorewe mu isantere ya Rucyeri iri mu Murenge wa Kiyumba mu Karere ka Muhanga kuwa Gatatu, itariki ya 4 Gashyantare, aho ukekwa yahise atoroka, hatangira ibikorwa byo kumushakisha aza gufatirwa mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba.

Amakuru y’ifatwa ry’uyu mugabo, yemejwe n’Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyepfo CIP Hassan Kamanzi.

CIP Hassan Kamanzi yavuze ko Ernest yafatiwe mu Murenge wa Rubavu mu Karere ka Rubavu ubwo yari arimo kugerageza gutoroka. Ati: “Nyuma yo gutera icyuma mugenzi we wahise anahasiga ubuzima, uyu ukekwa yahise acika.”

Yakomeje agira ati “Ku bufatanye bw’abaturage na Polisi rero twamufatiye mu Karere ka Rubavu, Umurenge wa Rubavu arimo agerageza gutoroka ubu akaba afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu aho iperereza ryahise ritangira.”

Kuri ubu, Ernest afungiwe kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rubavu nyuma yo gutabwa muri yombi, mu gihe hakomeje iperereza no gukorwa dosiye ngo ishyikirizwe ubushinjacyaha.

Umuvugizi wa Polisimu Ntara y’Amajyepfo yongeyeho ko gufata uyu mugabo byanagizwemo uruhare n’abaturage batanze amakuru, aboneraho no kubashimira ku bufatanye bwiza bukomeje kubaranga hagati yabo na Polisi y’u Rwanda.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru…

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

Nizzo Kaboss wamamaye muri Urban Boys yongeye kugaruka mu majwi y’abakunzi b’imyidagaduro,…

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

Mu Karere ka Rubavu hafatiwe umugabo w’imyaka 40 witwa Ernest, ukekwaho kwicira…

Perezida Kagame yanenze abashinja u Rwanda gukorana na M23.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanenze abashinja u Rwanda kuvugurura imyitwarire yarwo…

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Leta…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
Ubutabera

Mugisha ukekwaho kwica agonze mugenzi we, dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

2 Min Read
Ubutabera

Nyaruguru: Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba asaga miliyoni 6 Frw

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?