BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Feb 5, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

admin
Last updated: February 5, 2026 6:37 pm
admin
Share
SHARE

Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, baganira ku mubano w’ibihugu byombi, aho ikibazo cya Taiwan cyagaragajwe nk’ingingo ikomeye kurusha izindi.

Nk’uko itangazamakuru rya leta y’Ubushinwa ribitangaza, Xi Jinping yabwiye Trump ko Taiwan ari “ikibazo gikomeye kurusha ibindi” mu mubano w’Ubushinwa na Amerika, amusaba kwitonda mu guha intwaro iki kirwa, Ubushinwa bufata nk’igice cyabwo.

Perezida Xi yagaragaje icyizere ko Washington na Beijing bishobora kubona inzira yo gukemura ibibazo biri hagati yabyo binyuze mu biganiro no kubahana, aho yashimangiye akamaro ko gukomeza umubano utajegajega hagati y’impande zombi.

Ku ruhande rwe, Donald Trump yavuze ko icyo kiganiro cyabaye ku wa Gatatu cyari “cyiza cyane, kirekire kandi kimbitse”, agaragaza ko yishimiye uko cyagenze.

Iki kiganiro kibaye mu gihe mu mezi ashize abategetsi b’ibihugu by’iburengerazuba, barimo na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, bagiriye uruzinduko mu Bushinwa, mu rwego rwo gushaka gusubizaho umubano mwiza n’iki gihugu gifatwa nk’icya kabiri mu bukungu bunini ku isi.

Donald Trump na we arateganya gusura Ubushinwa muri Mata uyu mwaka, uruzinduko yavuze ko yiteze cyane, anagaragaza icyizere ko ruzafasha mu gushimangira ubufatanye mu by’ubukungu.

Yavuze kandi ko Ubushinwa buri gusuzuma kugura toni miliyoni 20 za soya ya Amerika, bikaba byiyongera kuri toni miliyoni 12 busanzwe bugurayo, ibintu Trump yabonye nk’intambwe nziza mu mubano w’ubucuruzi.

Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe Truth Social, Trump yagize ati: “Umubano n’Ubushinwa, n’umubano wanjye bwite na Perezida Xi, ni mwiza cyane, kandi twembi tuzi akamaro ko kuwugumisha gutyo.”

Uretse ikibazo cya Taiwan n’ubucuruzi bwa soya, aba bayobozi bombi banaganiriye ku ntambara y’Uburusiya muri Ukraine, uko ibintu byifashe muri Iran, ndetse n’ibishoboka ku bijyanye no kugura ibikomoka kuri Peteroli bya Amerika n’Ubushinwa, nk’uko Trump yabitangaje.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Kagame yanenze abashinja u Rwanda gukorana na M23.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanenze abashinja u Rwanda kuvugurura imyitwarire yarwo…

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Leta…

Ghana na Zambia bakuyeho visa ku baturage b’ibyo bihugu

Ghana na Zambia basinye amasezerano yo gukuraho visa ku baturage b’ibyo bihugu,…

Bruce Melodie yamurikiye Ambasaderi Nyamvumba imishinga afite

Bruce Melodie afite icyerekezo cyo guhuza abanyatanzania n'abanyarwanda akoresheje umuziki. Umuhanzi Bruce…

APR FC yatsinze Gasogi United yakinaga nk’ikipe y’abato

APR FC yatsinze Gasogi United ibitego 3-0 mu mukino Gasogi United yakinnye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yavuze akaga gashobora kwaduka ku Isi mu gihe America yashyira mu bikorwa umugambi iyifiteho

2 Min Read
Amerika

Donald Trump akomeje guterwa imijugujugu n’abanyabigwi mu mupira w’amagaru ku Isi

2 Min Read
Amerika

NASA yagaruye ku Isi igitaraganya abashakashatsi bayo kubera umwe warwaye

1 Min Read
Amerika

Zelenskyy yasabye Amerika gushimuta umwe mu bayobozi bo mu Burusiya

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?