Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, baganira ku mubano w’ibihugu byombi, aho ikibazo cya Taiwan cyagaragajwe nk’ingingo ikomeye kurusha izindi.
Nk’uko itangazamakuru rya leta y’Ubushinwa ribitangaza, Xi Jinping yabwiye Trump ko Taiwan ari “ikibazo gikomeye kurusha ibindi” mu mubano w’Ubushinwa na Amerika, amusaba kwitonda mu guha intwaro iki kirwa, Ubushinwa bufata nk’igice cyabwo.
Perezida Xi yagaragaje icyizere ko Washington na Beijing bishobora kubona inzira yo gukemura ibibazo biri hagati yabyo binyuze mu biganiro no kubahana, aho yashimangiye akamaro ko gukomeza umubano utajegajega hagati y’impande zombi.
Ku ruhande rwe, Donald Trump yavuze ko icyo kiganiro cyabaye ku wa Gatatu cyari “cyiza cyane, kirekire kandi kimbitse”, agaragaza ko yishimiye uko cyagenze.
Iki kiganiro kibaye mu gihe mu mezi ashize abategetsi b’ibihugu by’iburengerazuba, barimo na Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza, bagiriye uruzinduko mu Bushinwa, mu rwego rwo gushaka gusubizaho umubano mwiza n’iki gihugu gifatwa nk’icya kabiri mu bukungu bunini ku isi.
Donald Trump na we arateganya gusura Ubushinwa muri Mata uyu mwaka, uruzinduko yavuze ko yiteze cyane, anagaragaza icyizere ko ruzafasha mu gushimangira ubufatanye mu by’ubukungu.
Yavuze kandi ko Ubushinwa buri gusuzuma kugura toni miliyoni 20 za soya ya Amerika, bikaba byiyongera kuri toni miliyoni 12 busanzwe bugurayo, ibintu Trump yabonye nk’intambwe nziza mu mubano w’ubucuruzi.
Mu butumwa yanyujije ku rubuga rwe Truth Social, Trump yagize ati: “Umubano n’Ubushinwa, n’umubano wanjye bwite na Perezida Xi, ni mwiza cyane, kandi twembi tuzi akamaro ko kuwugumisha gutyo.”
Uretse ikibazo cya Taiwan n’ubucuruzi bwa soya, aba bayobozi bombi banaganiriye ku ntambara y’Uburusiya muri Ukraine, uko ibintu byifashe muri Iran, ndetse n’ibishoboka ku bijyanye no kugura ibikomoka kuri Peteroli bya Amerika n’Ubushinwa, nk’uko Trump yabitangaje.
