Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB rwashyikirije Ubushinjacyaha dosiye ya Mugisha David Gakuba ukekwaho icyaha cyo kwica agonze uwitwa Ngabo Eric.
Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu Dr. Murangira B. Thierry rw’Ubugenzacyaha yabwiye IGIHE ko iyi dosiye yoherejwe mu Bushinjacyaha tariki ya 28 Mutarama 2026.
Amakuru avuga ko Mugisha David na Ngabo Eric bose ari abanyarwanda bafite ubwenegihugu bwa Amerika ari na ho babaga ariko bakaba bari mu Rwanda mu biruhuko.
Amakuru avuga ko ubwo bari i Kigali mu minsi ishize hari ibyo batumvikanyeho bishingiye ku mukobwa umwe muri bo yateretaga n’detse ko byaje gukurura umwuka mubi hagati y’abo bombi, mu minsi ishize ubwo bari muri kamwe mu kabari i Kigali n’urundi rubyiruko rw’inshuti zabo batangira gushyamirana bikomeye.
Bamwe muri urwo rubyiruko bari kumwe bavuze ko byamaze akanya abo bombi bashyamirana bigera ubwo Mugisha abwira Ngabo ko azamwica ndetse aza no kwinjira mu modoka aramugonga agwa hasi asubira inyuma arongera amuca hejuru
Bivugwa ko nyuma y’iryo bara ngo Mugisha ntiyigeze ava mu modoka yahise akomeza aragenda aho bivugwa ko yahise ajya kwishyikiriza inzego z’umutekano.
Nyuma haje kuza imbangukiragutabara itwara Ngabo ariko abamubonye bavuga ko yahageze yamaze gushiramo umwuka.
Uru rupfu rw’uyu musore rwakomeje kugarukwaho cyane ku mbuga nkoranyambaga haba muri urwo rubyiruko rwari ruhari ibyo biba n’abandi bagaragaza ko Mugisha akwiye gukanirwa urumukwiye.
Itegeko rivuga ko umuntu wica undi abishaka, iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo cya burundu.
