BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Feb 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

Hakozwe operasiyo yo gufata umugabo ukewaho gucuruza ku rwego rwo hejuru ibiyobyabwenge

admin
Last updated: January 29, 2026 2:30 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Ruhango, yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no gukoresha ibiyobyabwenge.

Uyu mugabo yafatiwe mu Mudugudu wa Masambu mu Kagari ka Rubona, Umurenge wa Bweramana mu ijoro ryo kuri uyu wa 28 rishyira 29 Mutarama 2026,

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amjyepfo, CIP Hassan Kamanzi yavuze ko “Polisi yafashe umugabo w’imyaka 43 ukekwaho gucuruza ku rwego rwo hejuru, gukwirakwiza no gukoresha ibiyobyabwenge. Yafatanywe ibilo birenga bibiri (2) by’urumogi.”

Uyu mugabo wafashwe, ubu afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Kabagali, mu gihe Ubugenzacyaha bwatangiye iperereza ku byaha akekwaho.

Polisi, ku bufatanye n’izindi nzego, ikomeje ubukangurambaga bugenewe abaturage, by’umwihariko urubyiruko, bugamije gukumira ibyaha, cyane cyane ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’igikwangari (inzoga zitemewe), kuko byangiza ubuzima bw’Abanyarwanda, by’umwihariko urubyiruko.

Polisi ikomeje gushimira abaturage bakomeje kurangwa n’umuco mwiza wo kumenya ko umutekano ari inshingano rusange, aho bagira uruhare rufatika mu gutanga amakuru ku gihe kandi vuba, bigamije gukumira no kurwanya ibyaha.

Polisi kandi irasaba buri wese kwirinda gukora ibinyuranyije n’amategeko, by’umwihariko gucuruza, gukwirakwiza, gutunda no kunywa urumogi, kuko ari icyaha gihanwa n’amategeko.

CIP Hassan Kamanzi, yavuze kandi Polisi yibutsa ko itazigera yihanganira uwo ari we wese uzakora ibinyuranyije n’amategeko, kuko amayeri yose akoreshwa akomeje gutahurwa, kandi uzabifatirwamo azafatwa ashyikirizwe Ubugenzacyaha kugira ngo amategeko yubahirizwe.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gen Muhoozi yambitswe umudali w’ishimwe na se

Perezida Yoweri Kaguta Museveni, yambitse umudali w’ishimwe umuhungu we akaba n’Umugaba Mukuru…

Amashusho ya Nizzo na Queen wo muri sinema yarikoroje, bari mu rukundo?

Nizzo Kaboss wamamaye muri Urban Boys yongeye kugaruka mu majwi y’abakunzi b’imyidagaduro,…

Ukekwaho kwica umuntu i Muhanga yafatiwe i Rubavu arimo gutoroka

Mu Karere ka Rubavu hafatiwe umugabo w’imyaka 40 witwa Ernest, ukekwaho kwicira…

Perezida Kagame yanenze abashinja u Rwanda gukorana na M23.

Perezida wa Repubulika Paul Kagame yanenze abashinja u Rwanda kuvugurura imyitwarire yarwo…

Taiwan yabaye ikibazo gikomeye mu biganiro bya Xi na Trump

Perezida w’Ubushinwa, Xi Jinping, yagiranye ikiganiro kuri telefone na Perezida wa Leta…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Dj Toxxyk yaje kuburana ubujurire abwira Urukiko impamvu yifuza gufungurwa by’agateganyo

2 Min Read
Ubutabera

Mugisha ukekwaho kwica agonze mugenzi we, dosiye ye yoherejwe mu bushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Nyaruguru: Batatu batawe muri yombi bakekwaho kwiba asaga miliyoni 6 Frw

1 Min Read
Ubutabera

Yaryamanaga n’amasugi afite amabere ashinze:Dosiye ya Dr Manirakiza Benjamin yaregewe Urukiko

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?