Dosiye ya Dr Manirakiza Benjamin irimo byinshi abakunda inkuru zo mu Butabera bakwiriye kumenya. Ni ndende cyane ariko urebye hari abakobwa bari muri iyo dosiye akurikiranyweho kubasambanya akabishyura guhera kuri 40,000 Frw kugeza ku 100,000 Frw.
Dr Manirakiza Benjamin yasabaga ko ashyikirizwa abangavu b’abanyeshuri bakiri amasugi, bitihi se bakaba barasambanye inshuro imwe. Ikindi kandi basabwaga kuba bafite amabere ashinze. Abari muri Dosiye bavutse mu myaka itandukanye.
Hari uwavutse mu 2009, uwo mu 2007, uwo mu 2008 n’wo mu 2005. Amazina yabo muri iyi nkuru ntabwo ari buvugwe bitewe n’uko amategeko arengera abakoreweho ibyaha’Victims’atabitwemerera.
Dr Manirakiza Benjamin;Umurezi, Umwarimu muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya CST, kuri ubu ari mu myiteguro yo kwitaba Urukiko rw’Ibanze rwa Nyarugenge kugirango aburane ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.Ntabwo bizwi neza niba yarashatse abamwunganira ariko igihari cyo dosiye ye yamaze kuregerwa Urukiko bityo hakaba hasigaye kuba yahabwa itariki akitaba iburana.
Duteye ijisho bimwe mu byaha akurikiranyweho bigeze kuri bine;Icyaha cyo gucura umugambi wo gukora icyaha cyo gusambanya umwana, icyaha cyo gushakira inyungu mu mibonano mpuzabitsinabitsina y’undi n’icyaha cyo gukoresha imibonano mpuzabitsina ku gahato.
