BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

admin
Last updated: January 12, 2026 5:09 pm
admin
Share
SHARE

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi.

Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo ni igisubizo ku mpungenge z’urugomo rushobora kwaduka mu gihe cy’amatora muri Uganda. Ariko muri abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bamwe babona ko ari ukugerageza gutera ubwoba.

Imodoka z’imitamenwa hamwe n’imitwe y’ingabo byagaragaye cyane kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ku masangano menshi y’umurwa mukuru.

Kuri Rahim, wagiye kwamamariza Perezida Museveni mu gace ka Kawala, ibi birabahumuriza.

Aganira na RFI dukesha iyi nkuru yagize ati: “Perezida wacu yatwijeje amahoro mu myaka hafi mirongo ine. Nta makimbirane. Rero, ni ibisanzwe ko ashaka kurinda ibyo yagezeho.”

Muri ako gace, kazwiho kubamo abantu benshi bashyigikiye umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, bo baribaza impamvu y’izo ngabo ndetse n’igaragara ry’umutwe ushinzwe umutekano ngo usa nk’aho ari mushya, nk’uko Joseph, umukanishi yabitangaje.

Ati: “Batwara moto, bambaye imyenda ya polisi, ariko bambaye amakoti akingira amasasu, kandi bafite intwaro nyinshi. Nabibonye bwa mbere ku wa Gatandatu. Sinzi icyo bakora. Baba bagendagenda.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza biracyakomeje, aho biteganijwe ko abakandida bombi nyamukuru biyamamaza mu murwa mukuru kuri uyu wa 12 na 13 Mutarama, ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza mbere y’amatora mu minsi itatu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?