BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 7, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

admin
Last updated: January 12, 2026 5:09 pm
admin
Share
SHARE

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki ya 15 Mutarama, akubiyemo amatora ya perezida, abagize inteko ishinga amategeko, n’inzego z’ibanze. Ariko, kuva ku itariki ya 10 Mutarama, Ingabo za Uganda zongerewe mu mijyi minini y’igihugu. Ubu ingabo zirakorana irondo n’abapolisi.

Nk’uko Umuvugizi w’Ingabo za Uganda abitangaza, ngo kohereza ingabo ni igisubizo ku mpungenge z’urugomo rushobora kwaduka mu gihe cy’amatora muri Uganda. Ariko muri abatavuga rumwe n’ubutegetsi, bamwe babona ko ari ukugerageza gutera ubwoba.

Imodoka z’imitamenwa hamwe n’imitwe y’ingabo byagaragaye cyane kuri iki Cyumweru, itariki ya 11 Mutarama, ku masangano menshi y’umurwa mukuru.

Kuri Rahim, wagiye kwamamariza Perezida Museveni mu gace ka Kawala, ibi birabahumuriza.

Aganira na RFI dukesha iyi nkuru yagize ati: “Perezida wacu yatwijeje amahoro mu myaka hafi mirongo ine. Nta makimbirane. Rero, ni ibisanzwe ko ashaka kurinda ibyo yagezeho.”

Muri ako gace, kazwiho kubamo abantu benshi bashyigikiye umuyobozi utavuga rumwe n’ubutegetsi, Bobi Wine, bo baribaza impamvu y’izo ngabo ndetse n’igaragara ry’umutwe ushinzwe umutekano ngo usa nk’aho ari mushya, nk’uko Joseph, umukanishi yabitangaje.

Ati: “Batwara moto, bambaye imyenda ya polisi, ariko bambaye amakoti akingira amasasu, kandi bafite intwaro nyinshi. Nabibonye bwa mbere ku wa Gatandatu. Sinzi icyo bakora. Baba bagendagenda.”

Ibikorwa byo kwiyamamaza biracyakomeje, aho biteganijwe ko abakandida bombi nyamukuru biyamamaza mu murwa mukuru kuri uyu wa 12 na 13 Mutarama, ku munsi wa nyuma wo kwiyamamaza mbere y’amatora mu minsi itatu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

Ni ukuvuga ko buri munsi nibura hakoreshwa miliyoni $891. Ni intambara iri…

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

Perezida Kagame yakiriye muri Village Urugwiro itsinda ry’abayobozi muri Samruk-Kazyna, Ikigega cy’Ubukungu…

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

Perezida wa Amerika, Donald Trump yatangaje ko nta biganiro bigamije ubwumvikane biteze…

AFC/M23 yohereje aba-comando bayo hafi ya Kisangani

Ihuriro AFC/M23 ryatangaje ko ryohereje abarwanyi kabuhariwe hafi y’Ikibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya…

MINEMA yasabye abatuye mu manegeka kwimuka kubera imvura nyinshi

Minisitiri ushinzwe Ibikorwa by’Ubutabazi, Gen Maj (Rtd) Albert Murasira, yasabye Abanyarwanda kwirinda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

2 Min Read
Mu mahanga

Burusiya na Ukraine byahererekanyije imibiri y’abasirikare baguye ku rugamba

2 Min Read
Mu mahanga

Andi makuru mashya ku rupfu RWA Lt.Col Willy Ngoma 

1 Min Read
Mu mahanga

MASISI: FARDC irigamba kwisubiza Mahanga

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?