BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Ubutabera > Rulindo: Yafashwe iwe yarahagize indiri y’ubucuruzi bw’urumogi

Rulindo: Yafashwe iwe yarahagize indiri y’ubucuruzi bw’urumogi

admin
Last updated: January 2, 2026 3:14 pm
admin
Share
SHARE

Polisi ikorera mu Karere ka Rulindo yafatiye mu cyuho umugabo wari ufite udupfunyika 689 n’ikilo cy’urumogi yacururizaga iwe mu nzu.

Yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage, mu Mudugudu wa Gasekabuye, Akagari ka Rudogo, ho mu Murenge wa Kinzuzi.

Ni igikorwa cyabaye mu rukerera rw’itariki ya 1 Mutarama 2026. Uwafashwe yavuze ko ibyo biyobyabwenge yafatanwe abicururiza iwe mu rugo.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Amajyaruguru, IP Ignace Ngirabakunzi yavuze ko ifatwa rye abaturage barigizemo uruhare.

Ati “Uruhare rw’abaturage ni ingenzi cyane mu bikorwa nk’ibi byo kurwanya ibiyobyabwenge kuko aho biri biteza umutekano muke. N’uyu yafashwe biturutse ku makuru batanze kandi yiyemerera ko yabicururizaga iwe mu rugo. Turasaba buri wese gukomeza gufatanya natwe kurwanya buri cyose cyahungabanya umutekano, kuko aho umutekano utari nta terambere n’imibereho myiza y’abaturage biharangwa, umwihariko wabyo wo ni uko akenshi biba intandaro y’urugomo, ubujura, uburwayi n’izindi ngaruka zigera k’ubikoresha cyangwa utuye aho bikoreshwa.”

Polisi y’u Rwanda ishimira abaturage ku ruhare bagira mu gukumira no kurwanya ibiyobyabwenge cyane cyane ko aribyo ntandaro y’ibyaha bitandukanye no guhungabanya umutekano.

Uwafashwe acumbikiwe afungiye kuri sitasiyo ya Polisi ya Murambi kugira ngo ashyikirizwe Urwego rw’Ubugenzacyaha rumukurikirane.

Ingingo ya 263 mu itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange, ivuga ko umuntu wese ukora, uhinga, uhindura, utunda, ubika, uha undi, ugurisha mu gihugu ibiyobyabwenge aba akoze icyaha.

Iyo abihamijwe n’urukiko ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka irindwi ariko kitarenze imyaka 10 n’ihazabu itari munsi ya miliyoni 5 Frw ariko atageze kuri miliyoni 10 Frw ku byerekeye ibiyobyabwenge byoroheje. Ku biyobyabwenge bihambaye ni igifungo cya burundu n’ihazabu ya 20.000.000 Frw, ariko itarenze 30.000.000 Frw.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

RCS yashyizeho umutwe w’abakomando kabuhariwe mu guhosha imyigaragambyo

4 Min Read
Ubutabera

Nyanza: Nyuma yo kumara imyaka 23 yihishe mu mwobo, yakatiwe igifungo cy’imyaka 15

2 Min Read
Ubutabera

Dore ibihano biteganywa ku buri cyaha muri bine biregwa DJ Toxxyk wagonze Umupolisi agapfa

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko rwemeje ko Djihad n’abo bareganwa bakomeza gufungwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?