BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 2, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > AFC/M23 yatangiye gukoresha abasirikare bo mu mazi ku rugamba

AFC/M23 yatangiye gukoresha abasirikare bo mu mazi ku rugamba

admin
Last updated: December 23, 2025 9:29 am
admin
Share
SHARE

Abarwanyi b’ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, batangiye gukoresha ubwato bw’intambara ku rugamba bahanganyemo n’Ingabo za Leta na Wazalendo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo.

Tariki ya 21 Ukuboza 2025, Ingabo za RDC na Wazalendo zagabye igitero gikomeye ku birindiro bya AFC/M23 mu gace ka Bangwi gaherereye muri teritwari ya Fizi, bishaka kugasubiramo.

Uwo munsi, AFC/M23 yahanganye n’ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC, irisubiza inyuma. Icyakoze abaturage benshi bahiye ubwoba, bafata icyemezo cyo guhungira mu tundi duce dutekanye turimo Swima na Mboko.

Tariki ya 22 Ukuboza, Ingabo za RDC na Wazalendo na bwo bagabye igitero muri santere ya Makabola igenzurwa na AFC/M23 kuva mu byumweru hafi bibiri bishize, ariko na bwo binanirwa kuyikura mu byimbo.

Uwo munsi ni bwo abarwanyi ba AFC/M23 bari gukoresha ubwato bw’intambara mu Kiyaga cya Tanganyika batangiye kurasa ku ngabo za RDC na Wazalendo byari byagabye igitero, bisubira inyuma.Umwe mu babibonye yagize ati “Nyuma y’ibi bisasu, twabonye abasirikare ba FARDC bava ku rugamba berekeza muri Mboko. Iki kibazo cyaciye igikuba mu baturage, bituma bongera guhunga.”

Imirwano yabaye muri uyu mwaka yagaragaje ko AFC/M23 ifite ibikoresho bihambaye. Ibyinshi muri byo birimo indege, drones z’intambara n’imbunda ziremereye zirasa kure yazambuye ingabo za RDC, mu gihe yafataga Umujyi wa Goma.

Intwaro nyinshi zikomeye AFC/M23 yazikoresheje mu rugamba rwabereye mu bice byo mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo biri mu kibaya cya Rusizi. Leta ya RDC yemeje ko ingabo zayo zarashweho na drones z’intambara n’imbunda ziremereye.

AFC/M23 itangiye gukoresha ubwato bw’intambara mu gihe igenzura ibice bikoze ku Kiyaga cya Tanganyika gifite igice kinini kigenzurwa n’ingabo bihanganye zirimo iza RDC n’iz’u Burundi.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

RwandAir yasubitse ingendo zijya i Doha kubera intambara yo muri Iran

Sosiyete y’u Rwanda ikora ubwikorezi bwo mu Kirere RwandAir yatangaje ko yasubitse…

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

Umunya-Brazil Henrique Ribeiro Bravo w’imyaka 20 ukinira ikipe ya Soudal Quick-Step Devo…

Israel yongeye kugaba ibitero muri Iran

Ingabo za Israel (IDF) zongeye kugaba igitero gikomeye muri Iran nyuma y’amezi…

AFC/M23 yongeye kugaragaza ubugome ndenga kamere bwa FARDC

Umutwe wa AFC/M23 urwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, wagaragaje…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

AFC/M23 yamaganye gucece kw’amahanga arebere ubwicanyi bukorerwa abasivile

1 Min Read
Umutekano

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yashinje Komisiyo ya AU gushyigikira abagizi ba nabi

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?