BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Umutekano > Bitunguranye AFC/M23 itangaje ko igiye kuva mu mujyi wa Uvira 

Bitunguranye AFC/M23 itangaje ko igiye kuva mu mujyi wa Uvira 

admin
Last updated: December 16, 2025 6:49 am
admin
Share
SHARE

Ihuriro Alliance Fleuve Congo (AFC/M23) ryatangaje ko rifashe icyemezo cyo kuvana ku bushake ingabo zaryo mu mujyi wa Uvira, uherereye mu Ntara ya Kivu y’Amajyepfo, ariko rikabikora aruko hoherejwe ingabo zitabogamye zizaba zishinzwe gucunga umutekano w’abaturage n’ibikorwaremezo by’ingenzi, zitari izoba basanzwe bahanganye muri iyi ntambara.

Kuva uyu mugi wafatwa n’izo nyeshyamba amahanga yarahagurutse avuga ko bidakwiye ko Ari ukwica agahenge kasinyiwe i Doha ku wa 15 Ugushyingo 2025.

Mu itangazo ryasohotse ku wa 15 Ukuboza 2025, rishyizweho umukono n’Umuhuzabikorwa wa AFC/M23, Corneille Nangaa Yobeluo, iri huriro ryavuze ko iki cyemezo kigamije kubaha ubusabe bwa Leta Zunze Ubumwe za Amerika no kubaka icyizere no gushyigikira ibiganiro by’amahoro bikomeje, by’umwihariko ibiganiro bya Doha

Ni muri urwo rwego AFC/M23 yasobanuye ko icyemezo cyo kurekura uyu mujyi gishingiye ku ntambwe imaze guterwa mu biganiro by’amahoro bimaze kuba birimo ibya Doha na Washington.

Nubwo iri huriro rivuga ko hakomeje kubaho ibyo ryise ubushotoranyi n’ihohoterwa bikorwa n’ingabo za Leta ya Congo (FARDC) n’abo bafatanyije, AFC/M23 yatangaje ko yahisemo kwikura muri Uvira mu rwego rwo guha amahirwe menshi ibiganiro by’amahoro no kugaragaza ubushake bwo gukemura ikibazo binyuze mu nzira y’ibiganiro.

Icyakora, AFC/M23 yagaragaje impungenge ishingiye ku byabaye mu bihe byashize, aho ivuga ko ingamba zayo zo kubaka icyizere zagiye zikoreshwa nabi na FARDC, imitwe ya Wazalendo n’abandi bafatanyabikorwa babo, bagasubira kwigarurira uduce twari twarafashwe ndetse hakibasirwa abasivile bakekwagaho gushyigikira iri huriro.

Kubera izo mpamvu, AFC/M23 yasabye abahuza gushyiraho ingamba zisobanutse zo gucunga umutekano wa Uvira nyuma yo kuhava. Izo ngamba zigomba kuba zirimo gukura intwaro mu mujyi, kurinda abasivile n’ibikorwaremezo by’ingenzi, no kugenzura iyubahirizwa ry’agahenge binyuze mu kohereza ingabo zitabogamye.

Nubwo iri huriro rivuga ko iki cyemezo kigamije kugabanya umwuka mubi no gutuma amahoro agerwaho, ejo hazaza h’umutekano w’umujyi wa Uvira haracyari mu rujijo, bitewe n’uko uyu mwanzuro wo kuva muri Uvira uzashyirwa mu bikorwa hashingiwe ku cyerekezo ibiganiro by’amahoro bizafata mu minsi iri imbere.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Umutekano

RDC: Amashuri 65 yo mu ntara ya Kwilu yafunze imiryango kubera umutekano muke

2 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yarashe Sukhoi-25 ya FARDC

2 Min Read
Umutekano

Wazalendo bateze igico abarwanyi ba AFC/M23 muri Pariki ya Virunga

1 Min Read
Umutekano

AFC/M23 yatangiye gukoresha abasirikare bo mu mazi ku rugamba

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?