BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Nov 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

AFC/M23 yanenze ibirego bivuga ko ivangura Abaluba

admin
Last updated: November 13, 2025 6:20 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi w’umutwe wa AFC/M23, Lawrence Kanyuka, ukomoka mu bwoko bw’Abaluba, yanenze bikomeye ibirego byatanzwe n’umuvugizi wa Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), Patrick Muyaya, nawe ukomoka muri ubwo bwoko, avuga ko ari amagambo ateza urwango hagati y’Abanyekongo.

Mu butumwa yanyujije mu rurimi rwa Tshiluba, Kanyuka yavuze ko ari «ibiteye isoni kubona umuntu nk’uwo ashinja abandi ivangura n’urwango, nyamara ari we wubatse ishingiro ry’amagambo y’urwango mu gihugu».

Ati “Ni isoni nyinshi kubona umuntu akomeza gukwirakwiza ibirego bitagamije kubaka igihugu, ahubwo bikarushaho gushyushya urwango hagati y’Abaluba n’abandi baturage”.

AFC/M23 yavuze ko intego yayo atari ugutanya Abanye-Congo, ahubwo ari uguharanira “kubohora no kongera kuzahura iterambere mu Ntara ya Kasaï n’ahandi mu gihugu hose.”

Ibi bibaye mu gihe impaka n’amagambo akomeye akomeje kuvugwa ku mbuga nkoranyambaga hagati y’abashyigikiye AFC/M23 n’abayamagana, bamwe bakabifata nk’igerageza ryo gusenya ubumwe bw’igihugu, abandi bakabona ari ukugaragaza akarengane Abaluba bavuga ko bakomeje gukorerwa.

Kanyuka yasabye ko abaturage ba Kasaï n’Abanye-Congo muri rusange bakwirinda gucikamo ibice, ahubwo bakibanda ku bikorwa bifatika byateza imbere ubumwe n’amahoro mu gihugu.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umukozi w’Ikigo cy’Igihugu cy’Ubuziranenge na nyiri Uruganda rw’inzoga batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwataye muri yombi umugenzuzi mu Kigo…

Indege yarimo abarimo Minisitiri muri Congo yakoze impanuka

Indege yarimo intumwa ziyobowe na Minisitiri w’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri DRC wari…

Perezida Tshisekedi wa DRCongo na Ndayishimiye w’u Burundi binjiye mu bundi bufatanye nyuma y’ibya gisirikare

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Tshisekedi yakiriye mugenzi we…

Musanze: Polisi yafunze uwengaga umutobe wiswe ‘Ndakubiwe’, imena litiro 80 zawo

Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, ku bufatanye n’abaturage bo mu Murenge…

Ruhango: Umugabo yatawe muri yombi akekwaho ubujura bw’insinga z’amashanyarazi

Polisi ikorera mu Murenge wa Kabagari mu Karere ka Ruhango ku bufatanye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Iyobokamana

Ghan : Abantu batandatu baburiye ubuzima mu muvundo w’abashaka kwinjira mu gisirikare cya leta.

1 Min Read
Mu mahanga

Umugore n’umuhungu b’uwabaye Perezida wa Gabon bakatiwe gufungwa imyaka 20

3 Min Read
Mu mahanga

Uvira:Umusirikare WA FARDC yarashwe na bagenzi be ubwo yashakaga kwivugana umukuriye

1 Min Read
Mu mahanga

Colonel Fureko yakubiswe hafi gushirano umwuka

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?