BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 3, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

admin
Last updated: November 11, 2025 6:26 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri Afurika.

Ni urutonde rwagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, aho Rayon Sports nayo yisanze ku mwanya wa kabiri muri aya makipe nyuma yo kuregwa n’abarimo Roberto Goncalves do Carmo wayitoje umwaka ushize batarishyura.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi ,FIFA, iheruka kohereza ibarawa Rayon Sports iyimenyesha ko igomba kwishyura Robertihno angana n’ibihumbi 22,5 y’Amadorari ubwo ni arenga milliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi kipe kugeza ubu ntabwo irishyura uyu mutoza ndetse ari nacyo cyatumye iza ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi. Ibi bivuze ko ubu Rayon Sports ishatse kongeramo umukinnyi muri aba baba nta kipe bafite ntabwo byakunda kereka nibanza kwishyura Robertihno.

Rayon Sports irimo kurwana n’ikibazo cy’ubushobozi kugeza ubu nubwo abakinnyi bamaze guhembwa umushahara w’Ukwezi kwa 10 ariko iyi kipe iracyafite ibindi irimo kurwana nabyo birimo no hanze y’ikibuga.

Andi makipe yahawe ibihano arimo Nyasa Big Bullets, KenGold SC, TS Galaxy FC, Township Rollers, AS Arta Solar7, Welkite Kenema FC, Coton Sport de Garoua, Pretoria Callies, SCCM, Ismaily SC, Enyimba FC, Club Sportif Sfaxien na Zamalek SC.

Ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 wa shampiyona y’u Rwanda ku rutonde rw’agateganyo. Iyi kipe iheruka gutsindwa na APR FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa Karindwi wa shampiyona.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Walikale: AFC/M23 yisubije Buhimba

Abarwanyi b’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bisubije…

Abagaragaye bahondagura umukobwa mu muhanda batawe muri yombi

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha,RIB, rwatangaje ko rwataye muri yombi abasore babiri bagaragaye mu…

Iburasirazuba: Mu mwaka inzoga zitujuje ubuziranenge zishe abantu 22

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko mu mwaka umwe mu Ntara y’Iburasirazuba inzoga…

Ngarambe Romeo yagizwe Umuyobozi Mukuru wa CMA

Ngarambe yatangiye izi nshingano mu gihe uru rwego rukomeje gushyira mu bikorwa…

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

Ishyirahamwe ry’umupira w’Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryanenzwe bikomeye n’umutoza wa Gorilla FC,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
Imikino

Camarade ari mu mazi abira nyuma yo gutangariza perezida wa Gorilla FC

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?