BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

admin
Last updated: November 11, 2025 6:26 pm
admin
Share
SHARE

Ikipe ya Rayon Sports yashyizwe ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi muri Afurika.

Ni urutonde rwagiye hanze kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Ugushyingo 2025, aho Rayon Sports nayo yisanze ku mwanya wa kabiri muri aya makipe nyuma yo kuregwa n’abarimo Roberto Goncalves do Carmo wayitoje umwaka ushize batarishyura.

Impuzamashyirahamwe y’umupira w’amaguru ku isi ,FIFA, iheruka kohereza ibarawa Rayon Sports iyimenyesha ko igomba kwishyura Robertihno angana n’ibihumbi 22,5 y’Amadorari ubwo ni arenga milliyoni 30 z’amafaranga y’u Rwanda.

Iyi kipe kugeza ubu ntabwo irishyura uyu mutoza ndetse ari nacyo cyatumye iza ku rutonde rw’amakipe atemerewe kwandikisha abakinnyi. Ibi bivuze ko ubu Rayon Sports ishatse kongeramo umukinnyi muri aba baba nta kipe bafite ntabwo byakunda kereka nibanza kwishyura Robertihno.

Rayon Sports irimo kurwana n’ikibazo cy’ubushobozi kugeza ubu nubwo abakinnyi bamaze guhembwa umushahara w’Ukwezi kwa 10 ariko iyi kipe iracyafite ibindi irimo kurwana nabyo birimo no hanze y’ikibuga.

Andi makipe yahawe ibihano arimo Nyasa Big Bullets, KenGold SC, TS Galaxy FC, Township Rollers, AS Arta Solar7, Welkite Kenema FC, Coton Sport de Garoua, Pretoria Callies, SCCM, Ismaily SC, Enyimba FC, Club Sportif Sfaxien na Zamalek SC.

Ikipe ya Rayon Sports iri ku mwanya wa 2 wa shampiyona y’u Rwanda ku rutonde rw’agateganyo. Iyi kipe iheruka gutsindwa na APR FC ibitego 3-0 mu mukino w’umunsi wa Karindwi wa shampiyona.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

2 Min Read
Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?