BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

admin
Last updated: November 3, 2025 11:39 am
admin
Share
SHARE

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza ko igihugu cye kizatera Venezuela, ariko avuga ko iminsi ya Perezida Nicolás Maduro nk’umuyobozi w’icyo gihugu ishobora kuba iri kugana ku musozo.

Mu kiganiro yagiranye na CBS 60 Minutes, Trump yabajijwe niba Amerika ifite umugambi wo kujya mu ntambara na Venezuela maze arasubiza ati: “Ndabishidikanya. Ntabwo ntekereza ko bizaba. Ariko Venezuela yatubaniye nabi cyane.”

Aya magambo ye aje mu gihe Amerika ikomeje ibikorwa byo kugaba ibitero ku bwato bushinjwa gutwara ibiyobyabwenge mu nyanja ya Karayibe, ibikorwa ubutegetsi bwa Trump buvuga ko bigamije guhagarika urujya n’uruza rw’ibiyobyabwenge byinjira muri Amerika. Ariko hari abemeza ko ibyo bikorwa bifitanye isano n’umugambi wo guhirika ubutegetsi bwa Maduro, umuyobozi wa Venezuela umaze igihe kinini atumvikana na Washington.

Trump yahakanye ibyo bivugwa, ashimangira ko ibyo bikorwa “bifite impamvu nyinshi zitandukanye, zitari izo guhungabanya ubutegetsi bwa Venezuela gusa.” Amakuru atangazwa na CBS News avuga ko nibura abantu 64 bamaze kugwa mu bitero by’ingabo za Amerika byakorewe mu nyanja ya Karayibe n’iyo mu burasirazuba kuva muri Nzeri.

Avugira muri Mar-a-Lago aho atuye muri leta ya Florida, Trump yavuze ko “buri bwato bwose buraswa cyangwa bugasenywa, bwica abantu ibihumbi 25 babitewe n’ibiyobyabwenge kandi bukangiza imiryango myinshi muri Amerika.”

Yabajijwe niba Amerika ishobora kugaba ibitero ku butaka bwa Venezuela, maze arasubiza ati: “Simbivuga neza cyangwa nabi, sinababwira icyo nzakora kuri Venezuela, niba nzabikora cyangwa niba bitazaba.”

Ku ruhande rwe, Perezida Nicolás Maduro aherutse gushinja Leta Zunze Ubumwe za Amerika “guhimba indi ntambara nshya”, mu gihe Perezida wa Colombia, Gustavo Petro, yavuze ko ibyo bitero ku bwato ari uburyo Amerika ikoresha kugira ngo “ikomeze kwigarurira” ibihugu bya Amerika y’Amajyepfo.

Trump kandi yakomeje kunenga ubwiyongere bw’abimukira muri Amerika, avuga ko ubutegetsi bwe butazemera abantu baturuka hirya no hino ku isi kwinjira mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Yagize ati: “Baturuka muri Congo, baturuka ahantu hose, ntabwo ari abo muri Amerika y’Amajyepfo gusa. Ariko Venezuela yo irihariye, bafite ibibazo bikomeye by’amabandi nka Tren de Aragua.” Yongeyeho ko ayo mabandi akora ibikorwa bya kinyamaswa kurusha andi yose ku isi.

Trump yanagarutse ku ngingo ijyanye n’ibitwaro bya kirimbuzi, nyuma y’uko asabye abasirikare ba Amerika gusubukura igeragezwa ry’ibitwaro bya kirimbuzi kugira ngo igihugu gikomeze guhiganwa n’ibindi bihugu bikomeye nk’u Burusiya n’u Bushinwa.

Abajijwe niba Amerika igiye kongera guturitsa igisasu cya kirimbuzi nyuma y’imyaka irenga 30, Trump yasubije ati: “Tugiye kugerageza ibitwaro bya kirimbuzi nk’uko ibindi bihugu bibikora. U Burusiya burabikora, n’u Bushinwa burabikora, ariko ntibabivuga.”

Nubwo u Burusiya n’u Bushinwa bitigeze bigaragara ko byakoze igeragezwa nk’iryo kuva mu myaka ya 1990, Trump yavuze ko ibyo bikorwa bishobora gukorwa mu ibanga, anavuga ko n’ibihugu nka Koreya ya Ruguru na Pakistan bigerageza intwaro zabyo.

Nyamara, Minisitiri w’ingufu wa Amerika, Chris Wright, yahakanye ko haba hari umugambi wo guturitsa igisasu cya kirimbuzi, avuga ko “ibyageragezwa byaba ari ibipimo ku bice bimwe by’intwaro kugira ngo harebwe uko bikora neza, ariko bitari.”

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Intambara iratutumba hagati ya Amerika na Venezuela 

2 Min Read
Amerika

Trump yategetse ko igice kimwe cya ’White House’ gisenywa

1 Min Read
Amerika

Amerika yamaganye uburyo agahenge katubahirizwa muri RDC

2 Min Read
Amerika

Guhura kwa perezida Trump na Putin kwateje impagarara

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?