BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

admin
Last updated: November 3, 2025 9:25 am
admin
Share
SHARE

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille Nangaa Yobeluo, yasabye Perezida Félix Tshisekedi ko yaza gufungura ikibuga cy’indege cy’i Goma niba ari umugabo agaragaza ko izo atari impuhwe afitiye Abanye-Congo bahatuye.

Iki buga cy’indege cya Goma na Bank biri mu byafunzwe muri Mutarama 2025 ubwo abarwanyi b’iri huriro bayifataga, ihuriro ry’ingabo za Leta ya RDC zigahunga.

Ku wa 30 Ukwakira, mu nama yabereye i Paris mu Bufaransa yiga ku mutekano w’akarere ka Afurika y’Ibiyaga Bigari, yari ifite intego nyamukuru yo gushakira ubufasha abagizweho ingaruka n’imirwano ya AFC/M23 n’ingabo za RDC.

Muri iyi nama Perezida Tshisekedi yagaragaje ko ababajwe n’ubuzima abari mu bice bigenzurwa na AFC/M23 babayemo, abasabira inkunga. Bigizwemo uruhare n’u Bufaransa na Togo byateguye iyi nama, hakusanyijwe miliyari 1,5 z’Amayero yo gufasha muri rusange abagizweho ingaruka n’imirwano.

Kuri uyu wa 2 Ugushyingo, Nangaa yagaragaje ko ubusabe bwa Perezida Tshisekedi butumvikana kuko yagize uruhare rukomeye mu buzima bugoye abo mu bice bigenzurwa na AFC/M23 n’ibindi byo mu burasirazuba bwa RDC babayemo muri iki gihe.

Ati “Muri Mutarama 2025, Goma yarabohowe, vuba hakurikiraho Bukavu. Mu gusubiza, Félix Tshisekedi yatanze ibwiriza ryo gufunga banki, afatira amafaranga abaturage bo mu burasirazuba babitse.”

“Iki cyemezo kirenze kuba kitemewe n’amategeko, kiri mu bihano yafatiye abavuga Igiswahili agaragaza ko ari abanyamahanga.”

Nangaa agaragaza ko igitekerezo cyo gufungura ikibuga cy’indege cya Goma kugira ngo hakorwe ibikorwa by’ubutabazi arati impuhwe Tshisekedi afitiye abaturage bagizweho ingaruka n’intambara iri mu burasirazuba bwa DRC.

Nangaa yibukije ko Perezida Tshisekedi ari we uri kohereza indege z’intambara za Sukhoi na drones mu bice bituwe cyane mu Burasirazuba bwa RDC, zikarasa abaturage, kandi ko ari we wategetse ko Abanyamulenge batuye muri Minembwe bafungirwa inzira zose zabagezaga ku masoko.

Nangaa yagaragaje ko niba Tshisekedi yasubije ibitekerezo ku murongo, akaba ashaka gufasha abaturage bavuga Igiswahili kubaho ubuzima busanzwe, akwiye gufungura banki n’inzira banyuramo bajya ku masoko.

Ati “Niba Tshisekedi yasubije ibitekerezo ku murongo ku munota wa nyuma, akaba atekereza ko yafasha abaturage bacu bavuga Igiswahili kubaho ubuzima busanzwe, yakabaye atangira gufungura banki, akareka urujya n’uruza rw’abaturage n’ibicuruzwa bigakomeza.”

Yakomeje ati “Abavuga Igiswahili ntibafite umuco wo gutega amaboko: ni abakozi batungwa n’imbuto z’imirimo y’amaboko yabo n’ibyuya byabo. Bafite umuco wo kwikoresha no kugira inshingano.”

Inshuro nyinshi, AFC/M23 yagaragaje ko gufatira amafaranga abaturage babitse muri banki bigamije kubambura ubuzima, bityo ko ari icyaha cyibasiye inyokomuntu Leta ya RDC yakoze.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?