BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Intambara iri mu burasirazuba bwa DRC ikomeje gukoma mu nkokora uburezi bwaho

Intambara iri mu burasirazuba bwa DRC ikomeje gukoma mu nkokora uburezi bwaho

sam
Last updated: September 5, 2025 11:02 am
sam
Share
SHARE

Ubutegetsi bw’i Kinshasa muri Repibulika iharanira demokarasi ya Congo bwafashe icyemezo cyo gukuraho gahunda yo kwigira ubuntu mu bice byabohowe na M23 .

Icyokora iki cyemezo ntikivugwaho rumwe n’abagize guverinoma y’ubutegetsi buyobowe na Perezida Felix Tshisekedi.

Minisitiri w’Umutekano mu gihugu akaba na Minisitiri w’Intebe wungirije, Jacquemain Shabani Lukoo Bihango aherutse gutangaza ko mu bice bigenzurwa na M23 byamaze gukurwa kuri gahunda ya leta y’uko abannyeshyuri bo mu mashuri abanza bigira ubuntu .

Kuva iki cyemezo leta ya Kinshasa yagifata AFC /M23 yafashe umwanzuro wo gushyiraho amafaranga y’ishuri mu bice igenzura

Umuvugizi wa guverinoma ya Kinshasa Patrick Muyaya avuga AFC/M23 badafite ububasha n’ubushobozi bwo gushyiraho amafaranga y’ishuri mu bice babohoye k’uko bwaba binyuranyije n’itegeko nshinga ry’igihugu.

Minisitiri w’uburezi muri DRC Raïssa Malu avuguruza iki cyemezo avuga ko kwambura abana bari mu bice byigaruriwe na AFC/M23 byaba ari ugusubiza inyuma intambwe yari imaze guterwa.

Yagize ati “Turi mu itangira ry’amashuri, ndagira ngo mvuge ko bibabaje kuba abana bo mu bice bigenzurwa na AFC/M23 batigira ubuntu. Ibyo bishobora kugira ingaruka ku burezi bw’igihugu, umunsi hazaba hageze amahoro n’ubutegetsi bwa leta, Guverinoma izabyitaho.”

Yakomeje agira ati “Kwigira ubuntu ni nk’itegeko, byanditse mu Itegeko Nshinga. Ndagira ngo mbishimangire ko tutasubira inyuma, turemeza ko uburezi bw’ibanze ari ubuntu mu gihugu hose. Leta nk’uko yabigenzaga izakomeza guhemba abarimu, izakomeza gutanga amafaranga afasha amashuri gukora.”

AFC/M23 bamaganye kure iki cyemezo cya Leta ya Kinshasa bavuga ko gitandukanye n’ibyo itegeko nshiga rivuga byemerera umwana wese kwigira Ubuntu.

Iri huriro rigaragaza ko kwigira Ubuntu kwa abana b’Abakongomani atari impuhwe za leta ahubwo ko aya mafaranga ari ayo UNESCO igenera gahunda y’uburezi bw’ibanze agera kuri miliyoni 900 z’Amadolari kugira ngo abana bigire Ubuntu.

AFC/M23 igaragaza ko iki cyemezo cyaba kigaragaza ivangura abana bari mi bice babohoye bakorera na leta.

Bavuga ko mu bice bigaruriye abakozi ba leta barimo abarimu bakuwe ku mishara bagenerwa na leta byanatumye ubuzima bwabo buhinduka bubi ndetse bakomeje gusaba leta ko yakongera ikabibuka nk’abakozi bayo.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Babiri bapfiriye mu myigaragambyo ku mupaka wa Tanzania na Kenya

3 Min Read
Inkuru Nyamukuru

Kongera gutsindira Manda ya munani kwa Paul Biya byateje imvururu zahitanye ubuzima bw’abatari bake

2 Min Read
Mu mahanga

Uwari Minisitiri w’Intebe muri Mali yakatiwe imyaka ibiri kubera ibyo yanditse ku mbuga nkoranyambaga

2 Min Read
Mu mahanga

Ntitwakwemera gukubitwa  urushyi ngo dutege undi musaya- Gen Ekenge  

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?