BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

sam
Last updated: September 5, 2025 10:17 am
sam
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA ry’ijeje abakinnyi b’ikipe y’igihugu Amavibi ko bagiye kwishyurwa ibirarane by’ amafaranga bari baberewemo mu mikino bakiniye iyi kipe.

Byatangajwe na Perezida wa FERWAFA, Shema Fabrice, mu kiganiro yagiranye n’abakinnyi b’ikipe y’igihugu ku wa 4 Nzeri 2025 abizeza kwishyurwa ideni bari bafitiwe ry’imikino bakinnye mbere yo guhura na Nigeria mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi.

Amafaranga bagiye kwishyurwa arimo aya gahimbazamusyi ko kuba Amavubi yaranganyije na Lesotho igitego 1-1 mu mukino wabaye muri Werurwe mu gushaka itike y’Igikombe cy’Isi cya 2026.

Amakuru avuga ko amafaranga aba bakinnyi bemerewe nk’agahimbazamusyi angana n’ibihumbi 750 Frw kuri buri mukinnyi.

Shema Fabrice Kandi yizeje aba bakinnyi ko bazishyurwa n’ibirarane by’amafaranga bahabwa uko bahamagawe azwi nka Call up Fees, aho bari baberewemo ayo guhamagarwa inshuro ebyiri, hakiyongeraho ayo kuri iyi nshuro.

Ibi bije mbere y’umukino ikipe y’igihugu y’u Rwanda itegereje gukina na Nigeria kuri uyu wa Gatandatu tariki 5 Nzeri 2025. Ku wa kabiri tariki 9 nzeri 2025, u Rwanda ruzongera rukine na Zimbambwe mu mukino uzabera muri Afurika y’epfo.

U Rwanda ruri mu itsinda C aho ruri kumwe n’ikipe y’igihugu ya Lesotho, Afurika y’Epfo, Nigeria, Zimbambwe na Benin. Iri tsinda riyobowe na Afurika y’epfo ifite amanota 13, u Rwanda na Benin zinganya amanota 8,Nigeria ifite amanota 7, Lesotho ifite amanota 6, naho zimbambwe ifite amanota 4.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

2 Min Read
Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye amakipe 12 azitabira CECAFA Kagame Cup

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?