BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Nov 4, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

sam
Last updated: July 24, 2025 3:18 pm
sam
Share
SHARE

Yanga SC iri guteganya gukina na Rayon Sports FC mu mukino wa gicuti, yabonye umutoza mushya, Romain Folz, wahawe akazi nyuma y’uko iyi kipe yo muri Tanzania itandukanye na Miloud Hamdi.

Tariki ya 15 Kamena 2025, ni bwo kuri Stade Amahoro hazabera ibirori byo gutangiza umwaka mushya w’imikino muri Rayon Sports, aho nk’ibisanzwe ikina umukino mpuzamahanga.

Umukino wateguwe uzahuza Rayon Sports na Yanga SC, amakipe yombi akazaba aboneyeho n’umwanya wo gupima urwego rw’abatoza n’abakinnyi bashya iherutse guha akazi.

Mu bo Yanga SC izaba ireba urwego rwabo harimo n’umutoza mushya, Romain Folz, watangajwe mu ijoro ryo ku wa Gatatu, tariki ya 23 Nyakanga 2025.

Romain Folz ukomoka mu Bufaransa ni umwe mu batoza bakomeye muri Afurika kuko yahatoje amakipe akomeye. Aya arimo Pyramids yo mu Misiri na Mamelodi Sundowns yo muri Afurika y’Epfo yabayemo umutoza wungirije.

Andi ni Ashanti Gold yo muri Ghana, Township Rollers yo muri Botswana, Marumo Gallants na AmaZulu zo muri Afurika y’Epfo, Horoya yo muri Guinea n’izindi.

Uyu mutoza w’imyaka 35 yahawe akazi ko gufasha Yanga SC kurenga amatsinda ya CAF Champions League ikagera kure, ndetse akegukana ibikombe byose bikinirwa muri Tanzania.

Uyu yaje asanga abakinnyi bashya nka Abdulnassir Mohamed Makarani, Offen Chikola, Moussa Balla Conte n’abandi bongereye amasezerano.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Barushimusi b’amahembe y’inzovu bacakiwe batarayagurisha ku mugabane wa Asia

Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwataye muri yombi abagabo batatu bakekwaho gucuruza amahembe…

Trump yahamije ko iminsi ya Maduro iri kubarirwa ku ntoki

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko adatekereza…

Samia Suluhu agiye kurahirira kongera kuyobora Tanzania

Kuri uyu wa 3 Ugushyingo 2025 Perezida watorewe kuyobora Tanzania Samia Suluhu…

AFC/M23 yasabye Tshisekedi gufungura ikibuga cy’indege i Goma niba ari umugabo

Umuhuzabikora w’Ihuriro AFC/M23 rirwanya ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Corneille…

Tshisekedi yongeye gushinja u Rwanda gushaka kwiyomekaho Uburasirazuba bw’igihugu cye

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi, Félix Antoine Tshisekedi, yongeye gukora u Rwanda…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

El Ahli S.C Wad Madani yaritegerejwe mu Rwanda ntikije 

1 Min Read
Imikino

FERWAFA yanze ubusabe bwa APR n’Amagaju ataranyuzwe n’imisifurire

2 Min Read
Imikino

Abakinnyi b’Amavubi bagiye kwishyurwa amadeni mbere yo guhura na Nigeria

2 Min Read
Imikino

APR Fc yongeye gutombora Pyramide Fc muri CAF Champions League

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?