BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Aug 14, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ambasaderi Festus Bizimana yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Sénégal

Ambasaderi Festus Bizimana yatanze impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri Sénégal

sam
Last updated: May 9, 2025 8:10 am
sam
Share
SHARE

Ambasaderi Festus Bizimana yashyikirije Perezida wa Sénégal, Bassirou Diomaye Diakhar Faye, impapuro zimwemerera guhagararira u Rwanda muri icyi Gihugu

Nyuma yo gutanga izo nyandiko, Bizimana yakiriwe mu mubonano wihariye na Perezida Bassirou Diomaye Diakhar Faye aho yamushyikirije intashyo za mugenzi we w’u Rwanda, anamumenyesha ko Leta y’u Rwanda yifuza gushimangira umubano n’ubutwererane na Sénégal.
Yavuze ko amahirwe n’icyizere byo guhagararira u Rwanda na Perezida Kagame muri Sénégal, azabikoresha mu guteza imbere ubutwererane no gushimangira umubano hagati y’ibihugu byombi.

Yanaboneyeho umwanya wo kumugezaho uko ubukungu bw’u Rwanda n’imibereho myiza by’Abanyarwanda bikomeje gutera imbere na byinshi byagezweho mu myaka 31 ishize nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’uruhare rw’u Rwanda mu bikorwa biteza imbere umugabane wa Afurika no kubungabunga amahoro n’umutekano hirya no hino ku Isi.

Perezida Faye mu butumwa bwe, yifurije Ambasaderi Bizimana guhirwa mu nshingano ze, anamwizeza ubufatanye bw’inzego za Leta za Repubulika ya Sénégal, anatanga intashyo kuri mugenzi Perezida Paul Kagame.

Yashimye umubano mwiza uri hagati y’ibihugu byombi n’ubufatanye mu nzego zinyuranye. Yamusabye kureba by’umwihariko amahirwe ari mu bucuruzi, ubukungu n’ishoramari mu rwego rwo gushimangira ubutwererane hagati y’ibihugu byombi muri urwo rwego.

Leta y’u Rwanda yafunguye Ambasade muri Sénégal muri Gicurasi 2011 ikaba ireberera ibihugu bya Sénégal, Cabo Verde, Gambia, Guinea Bissau na Mali.

Festus Bizimana ni Ambasaderi wa kane nyuma ya Gerard Ntwari, Mathias Harebamungu na Jean Pierre Karabaranga.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Amerika yafatiye ibihano PARECO-FF yashinzwe n’uwahoze mu buyobozi bwa M23

Leta Zunze Ubumwe za Amerika ku wa 12 Kanama 2025 zafatiye ibihano…

Ingabo z’u Rwanda ziri muri Santrafurika zambitswe imidari y’ishimwe

Inzego z’Umutekano z’u Rwanda ziri muri Centrafrique mu butumwa bw’amahoro bwa Loni…

Imbonerakure zitashye zariye karungu zivuga ko leta yazigambaniye

Abaturage mu Burundi baravuga ko batewe impungenge n'Imbonerakure zikubutse mu ntambara muri…

Ukraine yamaramaje ko nta butaka bwayo buzomekwa ku Burusiya

Perezida Volodymyr Zelensky yamaramaje ko Ukraine itazigera ireka akarere ka Donbas ngo…

Abofisiye ba RDF na RCS mu bashinjwa muri dosiye ya APR FC

Urukiko rwa Gisirikare rwa Nyamirambo kuri uyu wa 13 Kanama 2025, rwatangiye…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

DRC: Perezida Tshisekedi yakoze impinduka mu buyobozi bukuru bw’Urwego rushinzwe Iperereza

1 Min Read
Mu mahanga

Nestor Ntahontuye, yarahiriye kuyobora Guverinoma nshya nka Minisitiri w’Intebe mu Burundi.

1 Min Read
Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?