BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, May 22, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Mark Carney ni we watsindiye kuba Minisitiri w’Intebe wa Canada

Mark Carney ni we watsindiye kuba Minisitiri w’Intebe wa Canada

sam
Last updated: March 10, 2025 8:18 am
sam
Share
SHARE

Ishyaka ry’aba-Libéraux riri ku butegetsi muri Kanada ryatoye Mark Carney kuribera umuyobozi, akazahita aba na ministiri w’intebe w’icyo gihugu.

Arasimbura kuri uwo mwanya Justin Trudeau, weguye ku buyobozi bw’ishyaka no ku mwanya wa ministiri w’intebe mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.

Carney w’imyaka 59, yatowe n’abagize ishyaka rye ku majwi 85.9 kw’ijana. Yari ahatanye n’abandi bakandida batatu.

Biteganijwe ko azarahirira umwanya wa ministiri w’intebe vuba.

Agiye kuyobora Kanada mu bihe bitoroheye icyo gihugu kubera igitutu gikomeje gushyirwaho na Prezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika watangaje ko igihugu cye kizongera amahoro n’amatagisi ku bicuruzwa biva muri Kanada.

Kanada nayo yahise itangaza ko izihimura kuri Amerika. Prezida Trump yavuze kenshi ko yifuza kuba leta ya 51 ya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ibyakarakaje abategetsi n’abaturage ba Kanada.

Mu ijambo imbere y’abayoboke b’ishyaka ry’aba-Libéraux Carney yavuze ko Amerika yifuza kwigarurira avugako icyo cyifuzo kigomba kurwanywa.

Yagize ati: ” Abanyamerika barifuza umutungo kamere wacu, amazi yacu, ubutaka bwacu n’igihugu cyacu.”

Carney yabaye umuyobozi mukuru wa Banki nkuru ya Canada. Yabaye kandi umunyamahanga wa mbere mu mateka wayoboye Banki nkuru y’Ubwongereza.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abakozi babiri ba Ambasade ya Israel barasiwe i Washington DC

Ku mugoroba wo ku wa Gatatu, abakozi babiri bo muri Ambasade ya…

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani yeguye nyuma yo kuvuga ko atunzwe n’umuceri w’ubuntu

Minisitiri w’Ubuhinzi w’u Buyapani, Taku Eto, yeguye ku mirimo ye nyuma yo…

Bishop Gafaranga yagejejwe imbere y’urukiko

Habiyaremye Zacharie uzwi nka Bishop Gafaranga ukurikiranyweho ibyaha by’ihohotera rishingiye ku gitsina,…

Rubavu: Polisi yafashe ibilo 500 by’ifumbire mvaruganda yari igiye kugurishwa mu buryo bwa magendu mu gihugu cy’abaturanyi

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano mu Karere ka Rubavu,…

Ubushinjacyaha bwasabiye Constant Mutamba gukurwaho ubudahangarwa kugira ngo atabwe muri yombi

Ubushinjacyaha bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwasabye Inteko Ishinga Amategeko kwambura…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Umugore wa Joe Biden agiye kujyanwa mu nkiko kubera kutita ku mugabo we

1 Min Read
Amerika

Uwahoze ari Perezida wa Amerika, Biden yasanzwemo kanseri ya prostate

1 Min Read
Amerika

Cardinal Robert Prevost yatorewe kuba Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi.

2 Min Read
Amerika

“Amahoro azazana n’amasezerano ya miliyari z’amadorari” – Amerika

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?