BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Amerika > Mark Carney ni we watsindiye kuba Minisitiri w’Intebe wa Canada

Mark Carney ni we watsindiye kuba Minisitiri w’Intebe wa Canada

sam
Last updated: March 10, 2025 8:18 am
sam
Share
SHARE

Ishyaka ry’aba-Libéraux riri ku butegetsi muri Kanada ryatoye Mark Carney kuribera umuyobozi, akazahita aba na ministiri w’intebe w’icyo gihugu.

Arasimbura kuri uwo mwanya Justin Trudeau, weguye ku buyobozi bw’ishyaka no ku mwanya wa ministiri w’intebe mu kwezi kwa mbere uyu mwaka.

Carney w’imyaka 59, yatowe n’abagize ishyaka rye ku majwi 85.9 kw’ijana. Yari ahatanye n’abandi bakandida batatu.

Biteganijwe ko azarahirira umwanya wa ministiri w’intebe vuba.

Agiye kuyobora Kanada mu bihe bitoroheye icyo gihugu kubera igitutu gikomeje gushyirwaho na Prezida Donald Trump wa Leta zunze ubumwe z’Amerika watangaje ko igihugu cye kizongera amahoro n’amatagisi ku bicuruzwa biva muri Kanada.

Kanada nayo yahise itangaza ko izihimura kuri Amerika. Prezida Trump yavuze kenshi ko yifuza kuba leta ya 51 ya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Ibyakarakaje abategetsi n’abaturage ba Kanada.

Mu ijambo imbere y’abayoboke b’ishyaka ry’aba-Libéraux Carney yavuze ko Amerika yifuza kwigarurira avugako icyo cyifuzo kigomba kurwanywa.

Yagize ati: ” Abanyamerika barifuza umutungo kamere wacu, amazi yacu, ubutaka bwacu n’igihugu cyacu.”

Carney yabaye umuyobozi mukuru wa Banki nkuru ya Canada. Yabaye kandi umunyamahanga wa mbere mu mateka wayoboye Banki nkuru y’Ubwongereza.

 

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Amerika

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

2 Min Read
Amerika

Trump yateguje ibitero bikaze kuri Iran

1 Min Read
Amerika

Mu saha 100 intambara yo muri Iran yatwaye miliyali $3.7

1 Min Read
Amerika

Amerika yahamije ko itazumvikana na Iran keretse nimanika amaboko

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?