BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, May 23, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Aho rikubise haroroha! Serumogo yagarutse mu myitozo

Aho rikubise haroroha! Serumogo yagarutse mu myitozo

admin
Last updated: April 8, 2024 1:11 pm
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kuvuga ko atiteguye kugaruka mu myitozo atarishyurwa amafaranga ye yose, myugariro w’iburyo usanzwe ari na kapiteni wungirije muri Kiyovu Sports, Serumogo Ally yasubukuye imyitozo nyuma yo kwishyurwa.

Ikipe ya Kiyovu Sports, imaze gukina imikino ibiri yo kwishyura ariko yombi yarayitakaje kuko uwa Gasogi United zaguye miswi zinganya 0-0, uwa APR FC iwutsindwa ibitego 3-2 mu mukino wabereye i Muhanga.

Iyi mikino yombi ntabwo Serumogo Ally yigeze ayigaragaramo kuko hari amafaranga afitiwe n’ubuyobozi bw’iyi kipe.

Uyu musore yari yavuze ko atiteguye kugaruka mu kazi ka Kiyovu Sports atarahabwa amafaranga yemerewe ubwo yongeraga amasezerano muri iyi kipe.

Aganira na UMUSEKE, Umunyamabanga w’iyi kipe yo ku Mumena, Munyengabe Omar, yemeje ko uyu myugariro yagarutse mu kazi kandi ntacyo ikipe imugomba na kimwe.

Ati “Yego ni byo. Serumugo yahawe byose ikipe yari imufitiye ndetse yahise agaruka mu kazi ubu ari gukorana n’abandi imyitozo.”

Amakuru UMUSEKE wamenye avuga ko ubwo uyu mukinnyi yemeraga kongera amasezerano y’imyaka ibiri muri Kiyovu, bumvikanye ko agomba kwishyurwa miliyoni 18 Frw.

Ni umukinnyi usanzwe agira uruhare mu bitego ikipe itsinda, kuko n’ubwo akina nka myugariro w’iburyo ariko iyo ikipe ifite umupira akunda gukina asatira.

Kugeza ubu, Serumogo ni we mukinnyi uri muri Kiyovu Sports umaze kuyikinira imikino myinshi mu bahari ubu.

Serumo amaze gukinira Kiyovu Sports imikino irenga ijana

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye u Rwanda muri Loni yatangiye imirimo ye

Ambasaderi Martin Ngoga yashyikirije Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, impapuro zimwemerera…

Abanyamahanga batatu bakekwaho ubucuruzi bw’amafara butemewe  batawe muri yombi

Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwataye muri yombi abagabo batatu b’abanyamahanga…

Se wabo wa Muhoozi yiyemeje ko agiye kumucyebura akamushyira ku murongo

Murumuna wa Perezida Yoweri Kaguta Museveni wa Uganda, Gen (Rtd) Caleb Akandwanaho…

DRC: Sena  yatoye kwambura ubudahangarwa Joseph Kabila

Sena ya Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo, yamaze kwaka ubudahangarwa Uwahoze ari…

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya gatatu cy’Abanyarwanda barenga 600 bari barafashwe bugwate na FDLR

U Rwanda rwakiriye icyiciro cya 3 cy’Abanyarwanda  642 bari impunzi muri Repubulika…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA mu nzira yo gufata umwanzuro ku mukino wa Bugesera na Rayon hashingiwe kuri raporo ya Komiseri

2 Min Read
Imikino

Martin Ngoga yongeye gutorerwa kuyobora Akanama gashinzwe imyitwarire muri FIFA

2 Min Read
Imikino

APR FC yirukanye umutoza wayo Darko Nović n’abamwungirije

1 Min Read
Imikino

Abakinnyi ba AS Kigali banze kwitabira imyitozo kubera  kudahembwa

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?