BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jan 15, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Aziya > Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

Umugore wabaye Umudepite yarasiwe iwe n’abantu batazwi

admin
Last updated: January 16, 2023 9:13 am
admin
Share
SHARE

Afghanistan: Umugore wabaye Depite n’umuntu wari ushinzwe kumurinda barashwe n’abantu batazwi mu rugo rwe i Kabul nk’uko byemejwe na Polisi.

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko

Mursal Nabizada, yari afite imyaka 32 y’amavuko, ni Umudepite w’umugore wahisemo kuguma mu gihugu cye aho guhunga igihe Aba-Taliban bafataga ubutegetsi muri Kanama, 2021.

Musaza we ndetse n’undi muntu umurindira umutekano bakomerekejwe n’amasasu mu gitero cyabaye ku Cyumweru.

Umwe mu bakoranye n’uriya mudepite yavuze ko Nabizada ari umuntu utagiraga ubwoba akaba yaranze gukoresha amahirwe yahawe yo guhungishwa.

Aba-Taliban kuva bajya ku butegetsi muri 2021, abagore bagiye bakurwa mu myanya y’ubuyobozi bari bafite.

Umuvugizi wa Polisi i Kabul, Khalid Zadran yavuze ko hatangiye iperereza ryimbitse ku bijyanye na kiriya gitero.

Mariam Solaimankhil wabaye Umudepite yavuze ko nyakwigendera Nabizada yari umuyobozi nyawe, wihagazeho kandi akaba umugore utinyuka kuvuga no guhagarara ku byo yemera, ndetse kabone n’iyo byaba bimushyira mu kaga.

Yanditse kuri Twitter ati “Nubwo yahawe amahirwe yo guhunga Afghanistan, yahisemo kuhaguma akomeza kurwana ku baturage be.”

Nabizada, yakomokaga mu Ntara yo mu Burasirazuba yitwa Nangarhar, yatorewe kuba Umudepite ajya mu Nteko ishinga Amategeko i Kabul mu mwaka wa 2018 ndetse arahaguma no kugeza ubwo aba-Taliban bafataga ubutegetsi.

BBC

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
1 Comment
  • agaciro peace says:
    January 16, 2023 at 4:41 pm

    Harya gupfa gutya kandi washoboraga kuba ugiye ahandi ndetse ukazagira n’akandi kamaro ubwo nibyo twita ubutwari? Guhangana n’abasazi

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Umwaka wa 2025 waciye agahigo mu bushyuhe bukabije

Abashakashatsi ku mihindagurikire y’ibihe bemeje ko umwaka wa 2025 waciye agahigo ko…

Perezida Kagame yakiriye impapuro za Ambasaderi mushya wa Qatar n’uw’u Buyapani

Perezida Kagame yakiriye impapuro zemerera ba ambasaderi babiri bashya guhagararira ibihugu byabo…

U Rwanda rwoherereje Jamaica abasirikare bo kuyifasha gusana ibyangijwe n’ibiza 

Rwanda rwohereje muri Jamaica itsinda ry’abasirikare bazafasha iki gihugu gusana ibikorwaremezo byangijwe…

Uganda: Imyiteguro y’amatora irarimbanyije, umutekano wakajijwe mu mijyi yose

Iminsi irabarirwa ku ntoki muri Uganda mbere y’amatora rusange yo ku itariki…

Perezida Tshisekedi yasuye Gnassingbé

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Félix Antoine Tshisekedi, yagiriye uruzinduko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

U Budage: Umuforomo yishe abarwayi agamije kwiyorohereza akazi

2 Min Read
Mu mahanga

Tanzania: Igipolisi cyatangiye gusenyera impunzi z’Abarundi mu nkambi

1 Min Read
Mu mahanga

Kinshasa: Abakekwaho ubujura barenga ibihumbi 7 bafunzwe

1 Min Read
Mu mahanga

U Bufaransa: Abantu 10 bakatiwe n’urukiko bazira kwibasira umugore wa Perezida

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?