BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Lawrence Kanyuka yagizwe Umuvugizi wa M23

Lawrence Kanyuka yagizwe Umuvugizi wa M23

admin
Last updated: August 1, 2022 11:35 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’umutwe wa M23 bwatangaje ko Lawrence Kanyuka yagizwe Umuvugizi wa politiki w’uyu mutwe akazajya akorana bya hafi na Maj. Willy Ngoma.

Lawrence Kanyuka yagizwe Umuvugizi wa politiki wa M23

M itangazo ryasinyiwe i Sarambwe, M23 yavuze ko kuva kuwa 31 Nyakanga 2022 Maj. Willy Ngoma azajya avugira uyu mutwe mu bijyanye n’igisirikare, mu gihe Lawrence Kanyuka azajya yibanda ku bya politiki.

Bertrand Bisimwa Perezida wa M23 yanditse kuri Twitter ngo “Twashyizeho Umuvugizi wa M23 ari we Lawrence Kanyuka. Maj Willy Ngoma azakomeza kuba Umuvugizi w’Igisirikare cya M23.”

Icyemezo cyo gushyiraho Umuvugizi mu bya Politiki kije nyuma y’uko n’ubundi uyu mutwe uherutse gushyiraho inzego z’ubutegetsi mu Mujyi wa Bunagana wafashe ndetse n’amwe mu mategeko agomba kugenderwaho n’abaturage mu bice wambuye ingabo za Leta ya Congo.

Si ubwa mbere ahawe inshingano zo gukora mu biro by’ubuvugizi bwa M23 kuko yigeze kuba Umuvugizi Wungirije w’uyu mutwe ukomeje kubera ibamba leta ya congo.

Maj. Willy Ngoma azajya avugira uyu mutwe mu bijyanye n’igisirikare

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Hagiye kuba inama Yiga Uko Isi Yose Yakwemera Leta Ya Palestine nk’igihugu

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yanenze Radio Okapi n’ibindi bitangazamakuru bibogamira ku nkuru ziyisebya 

3 Min Read
Mu mahanga

Nigeria yiyongereye mu bihugu byifuza kwakira Formula One

1 Min Read
Mu mahanga

Kwegura kwa Visi Perezida w’u Buhinde byateje impaka n’urujijo

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?