BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Burundi: Abahoze mu gisirikare barataka inzara

Burundi: Abahoze mu gisirikare barataka inzara

admin
Last updated: January 12, 2023 9:58 am
admin
Share
SHARE
Abahoze mu Gisirikare cy’u Burundi batuye mu Ntara ya Bubanza bavuga ko babyeho mu buzima bushaririye nyuma yo gutereranwa na Leta by’umwihariko n’abashinzwe kubareberera.
Abaturage b’i Bibanza barimo abademobe batanga ibibazo byabo ku bayobozi

Abademobe b’i Bubanza bavuga ko babyeho nabi, nta tegeko ribarengera nk’abantu barwaniye igihugu bamwe bagakuramo ubumuga.

Mu ntangiriro z’iki Cyumweru, babwiye Minisitiri w’Ingabo n’abahoze ku rugamba mu Burundi, Ir Tribert Mutabazi ko bafite umutima uhagaze kubera ubuzima bugoye burimo kutagira ubwishingizi mu kwivuza, aho kuba ndetse ko n’ifunguro baricyesha Imana.

Aba bademobe babwiye Minisitiri Ir Tribert Mutabazi ko igihugu barwaniye kiri gutera imbere bo bagasubira inyuma kurushaho.

Hari uwatanze ikibazo avuga ko yakoreye Leta imyaka 36 (1960-1962) ariko yasezererwa agasanga mu kigega cya INSS afitemo amafaranga atarenga 300 FBU.

Gen Maj Emmanuel Miburo uyobora INSS yavuze ko iyo dosiye ayizi ko mu myaka 36 uwo mu Demobe yakoreye igihugu yateganyirijwe imyaka ibiri gusa.

Yagize ati “Nicyo gituma babonye yahawe amafaranga macye, kubera ko babaraga ku mushahara yahembwaga n’ayo bamuteganyirije.”

Abademobe bavuga ko ubwo bajyaga gusezererwa mu gisirikare bigishijwe imyuga babwirwa ko bazahabwa akazi ariko amaso akaba yaraheze mu kirere.

Uyu yagize ati “Igihe twajyaga mu buzima busanzwe, mwatubwiye ko tugiye kubona akazi, Siko biri, turi mu buzima buteye agahinda.”

Basaba ko bafashwa kwiteza imbere ndetse bagahabwa n’ingurane ikanyuzwa mu kigega cy’abahoze ku rugamba.

Minisitiri w’Ingabo n’abahoze ku rugamba, Ir Tribert Mutabazi yababwiye ko muri Gashyantare 2023 hazasohoka itegeko ribagenga nk’abahoze ari abasirikare.

Yabibukije ko ari abaturage nk’abandi badakwiriye kumva ko batandukanye n’abandi barundi kandi ko Minisiteri ayobora irajwe ishinga n’abakiri mu gisirikare.

Ati ” Muri abaturage mu bandi, ni mubane na bo, abana banyu ni nk’abandi bana. Ku byerekeye akazi, abo tureba bwa mbere ni abasirikare bakiri ku kivi.”

Yabasabye kwibumbira mu makoperative kugira ngo bashobore kubona inkunga mu kigega cy’abahoze ku rugamba.

Yagize ati “Mukore mushobore kwitunga, muri abasubijwe mu buzima busanzwe, abarwaye bazavurwa.”

Muri iyo nama abahoze mu gisirikare babwiwe ko “nta deni Leta ibarimo” ryo kuba bararwanye urugamba kandi ko bakwiriye kugana ubuhinzi n’indi mirimo naho ibyo “gutegera amaboko Leta bizabakururira akaga.”

Abademobe basabwe gukura amaboko mu mufuka cyangwa bikazababyarira amazi nk’ibisusa

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?