BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Jul 31, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR yibukije Rayon ko yigeze kuyitiza abakinnyi

APR yibukije Rayon ko yigeze kuyitiza abakinnyi

admin
Last updated: January 11, 2023 10:45 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa APR FC, bwakuyeho igihu ku bayishinjaga gutiza abakinnyi muri Marine FC gusa, yibutsa ko yigeze gutiza Rayon Sports abakinnyi barenze umwe kandi mu gihe cya vuba.

Keddy ari mu batijwe muri Marine FC

Ibicishije ku muyoboro wa yo [website y’ikipe], ikipe ya APR FC yatangaje ko yamaze gutiza abakinnyi batatu mu ikipe ya Marine FC yo mu Akarere ka Rubavu. Abo barimo Nsanzimfura Keddy, Mbonyumwami Thaiba na Nkundimana Fabio.

Nyuma yo gutiza aba bakinnyi batatu, ubuyobozi bw’iyi kipe y’Ingabo, bwanenze abayishinja gutiza abakinnyi Marine FC gusa, bwibutsa ko buherutse no gutiza abakinnyi ikipe ya Rayon Sports na Gorilla FC.

Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yatangaje ko abavuga ibyo ari abirengagiza nkana ukuri bazi.

Ati “APR FC mu mikoranire myiza n’andi makipe, dufite izo duha abakinnyi twareze ndetse izindi harimo na Marine FC tukazitiza, niba mutari mubizi kuko izindi mutazivuga.”

Yakomeje yibutsa ko mu bihe bitandukanye APR FC yatije Rayon Sports abakinnyi batatu barimo: Sugira Ernest na Niyigena Clément na Mitima Isaac myugariro igenderaho ubu warerewe muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwakomeje bwibutsa ko uretse gutiza abakinnyi muri Rayon Sports, buherutse no gutiza muri Gorilla FC kandi abatijwe bayigiriye akamaro mu bihe bitandukanye.

Abatijwe muri Gorilla FC bavuye muri iyi kipe y’Ingabo, harimo: Uwimana Emmanuel [Djihadi], Sindambiwe Protais n’abandi.

Chairman wa APR FC kandi yasabye ko abavuga ko ikipe ayobora itiza abakinnyi, badakwiye kwibagirwa ko na Gasogi United FC yagiye itizwa abakinnyi mu bihe bitandukanye, ubu ikaba iri mu makipe ahagaze neza kandi afite n’amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona.

Usibye abo kandi, Mukura VS iri mu makipe yagiye itizwa abakinnyi mu bihe bitandukanye. Abaheruka barimo Mariza Innocent na Kenese Armel batijwe muri iyi kipe y’i Huye mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu muyobozi yakomeje asaba abanenga iyi kipe, baba badakwiye kugarukira kuri Marine FC gusa kuko gutizanya abakinnyi mu makipe atari iby’i Rwanda gusa cyangwa muri APR FC.

Iyi kipe y’Ingabo, ifite amarerero agera kuri 16 hirya no hino mu Gihugu, ikuramo abakiri bato bafashwa kuzamura impano za bo.

Chairman wa APR FC yibukije abantu ko ikipe abereye umuyobozi yigeze gutiza umukinnyi muri Rayon
Mbonyumwami Thaiba nawe yatijwe muri Marine FC
Ndikumana Fabio yerekeje i Rubavu
Niyigena Clément aherutse gutizwa muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

2 Min Read
Imikino

AS Kigali yungutse umutoza mushya

1 Min Read
Imikino

Yanga SC yitegura Rayon Sports yabonye umutoza mushya

2 Min Read
Imikino

Perezida wa AS Kigali agiye kwiyamamariza kuyobora FERWAFA

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?