BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR yibukije Rayon ko yigeze kuyitiza abakinnyi

APR yibukije Rayon ko yigeze kuyitiza abakinnyi

admin
Last updated: January 11, 2023 10:45 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bwa APR FC, bwakuyeho igihu ku bayishinjaga gutiza abakinnyi muri Marine FC gusa, yibutsa ko yigeze gutiza Rayon Sports abakinnyi barenze umwe kandi mu gihe cya vuba.

Keddy ari mu batijwe muri Marine FC

Ibicishije ku muyoboro wa yo [website y’ikipe], ikipe ya APR FC yatangaje ko yamaze gutiza abakinnyi batatu mu ikipe ya Marine FC yo mu Akarere ka Rubavu. Abo barimo Nsanzimfura Keddy, Mbonyumwami Thaiba na Nkundimana Fabio.

Nyuma yo gutiza aba bakinnyi batatu, ubuyobozi bw’iyi kipe y’Ingabo, bwanenze abayishinja gutiza abakinnyi Marine FC gusa, bwibutsa ko buherutse no gutiza abakinnyi ikipe ya Rayon Sports na Gorilla FC.

Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga, yatangaje ko abavuga ibyo ari abirengagiza nkana ukuri bazi.

Ati “APR FC mu mikoranire myiza n’andi makipe, dufite izo duha abakinnyi twareze ndetse izindi harimo na Marine FC tukazitiza, niba mutari mubizi kuko izindi mutazivuga.”

Yakomeje yibutsa ko mu bihe bitandukanye APR FC yatije Rayon Sports abakinnyi batatu barimo: Sugira Ernest na Niyigena Clément na Mitima Isaac myugariro igenderaho ubu warerewe muri iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu.

Ubuyobozi bw’iyi kipe bwakomeje bwibutsa ko uretse gutiza abakinnyi muri Rayon Sports, buherutse no gutiza muri Gorilla FC kandi abatijwe bayigiriye akamaro mu bihe bitandukanye.

Abatijwe muri Gorilla FC bavuye muri iyi kipe y’Ingabo, harimo: Uwimana Emmanuel [Djihadi], Sindambiwe Protais n’abandi.

Chairman wa APR FC kandi yasabye ko abavuga ko ikipe ayobora itiza abakinnyi, badakwiye kwibagirwa ko na Gasogi United FC yagiye itizwa abakinnyi mu bihe bitandukanye, ubu ikaba iri mu makipe ahagaze neza kandi afite n’amahirwe yo gutwara igikombe cya Shampiyona.

Usibye abo kandi, Mukura VS iri mu makipe yagiye itizwa abakinnyi mu bihe bitandukanye. Abaheruka barimo Mariza Innocent na Kenese Armel batijwe muri iyi kipe y’i Huye mu ntangiriro z’uyu mwaka w’imikino.

Uyu muyobozi yakomeje asaba abanenga iyi kipe, baba badakwiye kugarukira kuri Marine FC gusa kuko gutizanya abakinnyi mu makipe atari iby’i Rwanda gusa cyangwa muri APR FC.

Iyi kipe y’Ingabo, ifite amarerero agera kuri 16 hirya no hino mu Gihugu, ikuramo abakiri bato bafashwa kuzamura impano za bo.

Chairman wa APR FC yibukije abantu ko ikipe abereye umuyobozi yigeze gutiza umukinnyi muri Rayon
Mbonyumwami Thaiba nawe yatijwe muri Marine FC
Ndikumana Fabio yerekeje i Rubavu
Niyigena Clément aherutse gutizwa muri Rayon Sports

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?