BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ese koko Seninga Innocent yaretse manyinya?

Ese koko Seninga Innocent yaretse manyinya?

admin
Last updated: January 9, 2023 10:14 am
admin
Share
SHARE

Nanubu harakibazwa niba koko umutoza mukuru wa Sunrise FC, Seninga Innocent yaba yarahagaritse gusoma ku icupa nk’uko yabyivugiye, ariko bamwe mu bibaza ibyo bahamya ko atapfa guhemukira agatama burundu.

Seninga Innocent ahamya ko yaretse kunywa kuri manyinya

Ubusanzwe ntabwo ubushobozi bwa Seninga Innocent bushidikanywaho, ahubwo benshi bamunenga gusoma cyane ku nzoga zijya zituma yica akazi bikanamuviramo kugatakaza mu makipe atandukanye yaciyemo.

Gusa uyu mutoza we yihamirije ko adaheruka gusoma ku gisindisha icyo ari cyo cyose, ndetse ko amaze amezi umunani atazi uko manyinya isa nk’uko yabibwiye Televiziyo y’u Rwanda ku wa Gatandatu tariki 7 Mutarama 2023 mu kiganiro ‘RTV Kick-Off.’

Abazi neza uyu mutoza, bahamya ko akomoka mu muryango usenga cyane kandi na we ubwe bwite ari umuntu usenga cyane ndetse atanemera ibisa n’amarozi bizwi mu mupira w’amaguru w’u Rwanda.

Gusa nanone abandi bagahamya ko atabashaka kubona imbaraga zo guhemukira agacupa [inzoga], kuko asa n’uwamaze kurushwa imbaraga na zo, ko kuba yaratangaje ko yaziretse ari urwiyerurutso.

Bamwe mu batuye i Nyagatare basanzwe bakurikirana uyu mutoza na Sunrise FC muri rusange, babwiye UMUSEKE ko Seninga abeshya atavuye ku nzoga burundu nk’uko we yabitangaje.

Umwe ati “Seninga ari kujijisha ngo yerekane ko yahindutse ariko si ukuri kuko njye nzi n’abo basangira. Akunda kunywera mu kabari […].”

Undi ati “Seninga areka inzoga? Naba ntari […]. Buretse soon ndagufatira ifoto nkwereke uwo muntu wavuye ku nzoga.”

Gusa abandi bemeza ko uyu mutoza yahindutse kandi yafashe icyemezo cyo kureka inzoga, ndetse bigaragarira mu musaruro ikipe atoza ya Sunrise FC ifite kuko iri ku mwanya wa munani n’amanota 22 mu mikino 15 yakinnye.

Seninga Innocent yakunze kuvugwaho gushyira imbere gusoma kuri manyinya aho yagiye atoza, yaba muri Musanze FC, Étincelles FC, Police FC, mu ikipe y’Igihugu Amavubi n’ahandi.

Bamwe bahamya ko uyu mutoza atahemukira agatama
Seninga ntawe ushidikanya ku bushobozi afite mu gutoza
Sunrise FC iri ku mwanya wa munani

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?