BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Ese koko Seninga Innocent yaretse manyinya?

Ese koko Seninga Innocent yaretse manyinya?

admin
Last updated: January 9, 2023 10:14 am
admin
Share
SHARE

Nanubu harakibazwa niba koko umutoza mukuru wa Sunrise FC, Seninga Innocent yaba yarahagaritse gusoma ku icupa nk’uko yabyivugiye, ariko bamwe mu bibaza ibyo bahamya ko atapfa guhemukira agatama burundu.

Seninga Innocent ahamya ko yaretse kunywa kuri manyinya

Ubusanzwe ntabwo ubushobozi bwa Seninga Innocent bushidikanywaho, ahubwo benshi bamunenga gusoma cyane ku nzoga zijya zituma yica akazi bikanamuviramo kugatakaza mu makipe atandukanye yaciyemo.

Gusa uyu mutoza we yihamirije ko adaheruka gusoma ku gisindisha icyo ari cyo cyose, ndetse ko amaze amezi umunani atazi uko manyinya isa nk’uko yabibwiye Televiziyo y’u Rwanda ku wa Gatandatu tariki 7 Mutarama 2023 mu kiganiro ‘RTV Kick-Off.’

Abazi neza uyu mutoza, bahamya ko akomoka mu muryango usenga cyane kandi na we ubwe bwite ari umuntu usenga cyane ndetse atanemera ibisa n’amarozi bizwi mu mupira w’amaguru w’u Rwanda.

Gusa nanone abandi bagahamya ko atabashaka kubona imbaraga zo guhemukira agacupa [inzoga], kuko asa n’uwamaze kurushwa imbaraga na zo, ko kuba yaratangaje ko yaziretse ari urwiyerurutso.

Bamwe mu batuye i Nyagatare basanzwe bakurikirana uyu mutoza na Sunrise FC muri rusange, babwiye UMUSEKE ko Seninga abeshya atavuye ku nzoga burundu nk’uko we yabitangaje.

Umwe ati “Seninga ari kujijisha ngo yerekane ko yahindutse ariko si ukuri kuko njye nzi n’abo basangira. Akunda kunywera mu kabari […].”

Undi ati “Seninga areka inzoga? Naba ntari […]. Buretse soon ndagufatira ifoto nkwereke uwo muntu wavuye ku nzoga.”

Gusa abandi bemeza ko uyu mutoza yahindutse kandi yafashe icyemezo cyo kureka inzoga, ndetse bigaragarira mu musaruro ikipe atoza ya Sunrise FC ifite kuko iri ku mwanya wa munani n’amanota 22 mu mikino 15 yakinnye.

Seninga Innocent yakunze kuvugwaho gushyira imbere gusoma kuri manyinya aho yagiye atoza, yaba muri Musanze FC, Étincelles FC, Police FC, mu ikipe y’Igihugu Amavubi n’ahandi.

Bamwe bahamya ko uyu mutoza atahemukira agatama
Seninga ntawe ushidikanya ku bushobozi afite mu gutoza
Sunrise FC iri ku mwanya wa munani

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Musanze: Polisi yamennye litiro zisaga 1700 z’ibinyobwa bitujuje ubuziranenge

Mu bikorwa byo kurwanya ikora, ikwirikwiza n'ikoreshwa by'ibinyobwa bitemewe, Polisi ikorera mu…

Hongeye kwaduka imirwano hagati ya Thailand na Cambodia

Ingabo za Thailand zatangaje ko zatangiye kugaba ibitero byo mu kirere ku…

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?