BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umukobwa yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye na bo

Umukobwa yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye na bo

admin
Last updated: January 8, 2023 10:13 am
admin
Share
SHARE

GAKENKE: Umukobwa w’imyaka 19 ukora umwuga wo kwicuruza mu Karere ka Gakenke yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye nabo, ni nyuma y’uko banze kumwishyura bamaze kwiha akabyizi.

Ifoto irirho ikimenyetso gikumira ibyaha

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, tariki ya 8 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Jango mu Kagari ka Gatonde  mu Murenge wa Ruli.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa uvuka mu Murenge wa Minazi wari ucumbitse muri Centre ya Gahira yararanye n’abagabo babiri bamwima amafaranga bari bumvikanye ngo abahe ibyishimo.

Ubwo bushyamirane bwakuruwe no kutishyurwa amafaranga yabiriye ibyuya, bwatumye uwo mukobwa witwa Umurutasate Egidia atera icyuma ku kaboko, mu mugongo no mu mutwe uwitwa Niyomukiza w’imyaka 23 y’amavuko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco yabwiye UMUSEKE ko uyu mukobwa yateye icyuma Niyomukiza nyuma yo kwanga kumwishyura amafaranga bumvikanye.

Ati “Bararwana rero amutera icyuma ngo yaramugendanye amafaranga bumvikanye, umugabo yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.”

Gitifu Hakizimana avuga ko mu Murenge wa Ruli hamaze kugwira abakora umwuga wo kwicuruza baturuka hirya no hino mu gihugu bakurikiye amafaranga aturuka mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Harimo n’amafaranga birumvikana bavana muri ayo mabuye, uburaya burahari ariko indaya zikora urugomo nibwo bibaye.”

Umurutasate Egidia ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Ruli mu gihe uwakomeretse yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.

Abaturage basabwe kwibuka indangagaciro Nyarwanda bakareka kwishora mu busambanyi ndetse bakajya batangira amakuru ku gihe kugira ngo bifashe inzego z’ibanze n’iz’umutekano gutabara.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

Leta y’u Bushinwa igiye kujya iha ababyeyi 500 $ ku mwana mu rwego rwo kuzamura imbyaro

Ababyeyi mu Bushinwa bagiye kujya bahabwa 3,600 yuan (ni 500$ cyangwa arenga…

Minisiteri ya Siporo yateye utwatsi ibinyoma by’uko yahagaritse amatora ya FERWAFA

Minisiteri ya Siporo yatangaje ko itigeze ihagarika amatora ya Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umupira…

RDF yashimiye abasirikare batangiye ikiruhuko cy’izabukuru

Ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda (RDF) bwasezeye ku basirikare bageze ku myaka y’ikiruhuko…

Inyeshyamba za AFC / M23 zikomeje kwigarurira aduce muri teritwari ya Masisi, mu majyaruguru ya Kivu.

Abarwanyi b'umutwe wa M23 bigaruriye uduce dukomeye twa Ngululu na Ndete, muri…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

1 Min Read
Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?