BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Sunday, Jul 13, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umukobwa yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye na bo

Umukobwa yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye na bo

admin
Last updated: January 8, 2023 10:13 am
admin
Share
SHARE

GAKENKE: Umukobwa w’imyaka 19 ukora umwuga wo kwicuruza mu Karere ka Gakenke yateye icyuma umwe mu bagabo yararanye nabo, ni nyuma y’uko banze kumwishyura bamaze kwiha akabyizi.

Ifoto irirho ikimenyetso gikumira ibyaha

Ibi byabaye mu rukerera rwo kuri iki cyumweru, tariki ya 8 Mutarama 2023, mu Mudugudu wa Jango mu Kagari ka Gatonde  mu Murenge wa Ruli.

Amakuru avuga ko uyu mukobwa uvuka mu Murenge wa Minazi wari ucumbitse muri Centre ya Gahira yararanye n’abagabo babiri bamwima amafaranga bari bumvikanye ngo abahe ibyishimo.

Ubwo bushyamirane bwakuruwe no kutishyurwa amafaranga yabiriye ibyuya, bwatumye uwo mukobwa witwa Umurutasate Egidia atera icyuma ku kaboko, mu mugongo no mu mutwe uwitwa Niyomukiza w’imyaka 23 y’amavuko.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ruli, Hakizimana Jean Bosco yabwiye UMUSEKE ko uyu mukobwa yateye icyuma Niyomukiza nyuma yo kwanga kumwishyura amafaranga bumvikanye.

Ati “Bararwana rero amutera icyuma ngo yaramugendanye amafaranga bumvikanye, umugabo yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.”

Gitifu Hakizimana avuga ko mu Murenge wa Ruli hamaze kugwira abakora umwuga wo kwicuruza baturuka hirya no hino mu gihugu bakurikiye amafaranga aturuka mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro.

Ati “Harimo n’amafaranga birumvikana bavana muri ayo mabuye, uburaya burahari ariko indaya zikora urugomo nibwo bibaye.”

Umurutasate Egidia ari mu maboko ya RIB Sitasiyo ya Ruli mu gihe uwakomeretse yagiye kwivuriza ku Kigo Nderabuzima cya Nyange muri Coko.

Abaturage basabwe kwibuka indangagaciro Nyarwanda bakareka kwishora mu busambanyi ndetse bakajya batangira amakuru ku gihe kugira ngo bifashe inzego z’ibanze n’iz’umutekano gutabara.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

RDC igiye gusaba Uganda ibisobanuro ku ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo bwateguje ko buzasaba Uganda ibisobanuro…

Muri Kanama ab’i Kigali bazajya babona amazi mu minsi 2 aho kuba 5-WASAC

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amazi Isuku n’Isukura, WASAC cyijeje abatuye mu Mujyi wa…

DRC : Kiliziya gatorika ntiyozeye ko amasezerano y’u Rwanda na Congo ko atazakemura ikibazo mu mizi

Umuyobozi mukuru w’Inama y’Abepisikopi muri Congo Kinshasa, Musenyeri Donatien Nshole avuga ko…

Perezida wa Botswana yahigiye guhura na Trump, akamwemeza

Perezida Gideon Duma Boko wa Botswana yahigiye guhura na Donald Trump uyobora…

Perezida Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wayoboye Kenya

Kagame yakiriye Uhuru Kenyatta wabaye Perezida wa Kenya, akaba ari n’umwe mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Kiliziya Gatolika ya RDC ntiyizeye ko Trump azahagarika intambara muri icyo gihugu

3 Min Read
Politike

Imipaka ihuza Uganda n’ibice bya DRC bigenzurwa na AFC/M23 yafunguwe

2 Min Read
Politike

Intumwa za AFC/M23 na Leta ya RDC basubiye KU meza y’ibiganiro i Doha muri Qatar 

1 Min Read
Politike

U Rwanda rufite ikizere cy’uko amasezerano rwasinyanye na DRC azatanga umusaruro

3 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?