BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Suluhu yakuyeho itegeko rigonga abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Perezida Suluhu yakuyeho itegeko rigonga abatavuga rumwe n’ubutegetsi

admin
Last updated: January 4, 2023 7:52 am
admin
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu Samia Suluhu Hassan yakuyeho itegeko ryari rimaze imyaka hafi irindwi, ribuza abatavuga rumwe n’ubutegetsi gukora amakoraniromu gihe kitari icy’amatora.

Perezida wa Tanzania Mama Samia Suluhu Hassan

Icyo cyemezo yagitangaje mu biganiro yagiranye n’abayoboye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye ku wa kabiri ushize.

Perezida Samia Suluhu yasobanuye ko gukora amakoraniro ari uburenganzira bahabwa n’amategeko ya Tanzania yongeraho ko Leta igomba kubacungira umutekano kugira ngo icyo gikorwa kigende neza.

Yavuze ko ibikorwa nk’ibyo bigomba kuba mu mahoro ndetse asaba gukurikiza amategeko uko ari nta guhangana n’inzego z’umutekano.

Avuga ko kubwe atabita amashyaka atavuga rumwe na Leta ahubwo ari amashyaka amwereka aho ibibazo biri kugira ngo bishakirwe igisubizo.

Yasabye gukina politiki mu kinyabupfura, badatuka umuntu n’umwe ngo n’uko badasangiye ishyaka ndetse no gukoresha politiki yubaka atari iyo gusenya.

Iryo tegeko ryari ryarashyizweho na nyakwigendera John Pombe Magufuli wavugaga ko inama nk’izo mu gihe kitari icy’amatora ari ukwangiza umwanya n’amafaranga.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Mu mahanga

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?