BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida Suluhu yakuyeho itegeko rigonga abatavuga rumwe n’ubutegetsi

Perezida Suluhu yakuyeho itegeko rigonga abatavuga rumwe n’ubutegetsi

admin
Last updated: January 4, 2023 7:52 am
admin
Share
SHARE

Umukuru w’igihugu Samia Suluhu Hassan yakuyeho itegeko ryari rimaze imyaka hafi irindwi, ribuza abatavuga rumwe n’ubutegetsi gukora amakoraniromu gihe kitari icy’amatora.

Perezida wa Tanzania Mama Samia Suluhu Hassan

Icyo cyemezo yagitangaje mu biganiro yagiranye n’abayoboye amashyaka atavuga rumwe n’ubutegetsi yabaye ku wa kabiri ushize.

Perezida Samia Suluhu yasobanuye ko gukora amakoraniro ari uburenganzira bahabwa n’amategeko ya Tanzania yongeraho ko Leta igomba kubacungira umutekano kugira ngo icyo gikorwa kigende neza.

Yavuze ko ibikorwa nk’ibyo bigomba kuba mu mahoro ndetse asaba gukurikiza amategeko uko ari nta guhangana n’inzego z’umutekano.

Avuga ko kubwe atabita amashyaka atavuga rumwe na Leta ahubwo ari amashyaka amwereka aho ibibazo biri kugira ngo bishakirwe igisubizo.

Yasabye gukina politiki mu kinyabupfura, badatuka umuntu n’umwe ngo n’uko badasangiye ishyaka ndetse no gukoresha politiki yubaka atari iyo gusenya.

Iryo tegeko ryari ryarashyizweho na nyakwigendera John Pombe Magufuli wavugaga ko inama nk’izo mu gihe kitari icy’amatora ari ukwangiza umwanya n’amafaranga.

NDEKEZI JOHNSON / UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ethiopia: Abanyamakuru batatu bahagaritswe kubera gushinja Leta gufasha inyeshyamba zo muri Sudani

2 Min Read
Mu mahanga

Umuryango w’Abibumbye urashinja RSF kwica abasivili barenga 6000 mu minsi itatu

2 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 yahishuye impamvu yiyemeje kurwanya FDLR ihangayikishije u Rwanda

3 Min Read
Mu mahanga

AFC/M23 na MONUSCO byaganiriye ku gahenge

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?