BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Tuesday, Mar 10, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rulindo: Sobanukirwa impamvu ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’

Rulindo: Sobanukirwa impamvu ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’

admin
Last updated: January 3, 2023 10:48 am
admin
Share
SHARE

Mu Akarere ka Rulindo, mu Murenge wa Masoro, hari ikibuga cy’umupira w’amaguru cyiswe ku ‘Iperu’ bitewe n’amateka yaharanze kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’ gihuriraho abana benshi

Iki kibuga gihurirwaho n’abiganjemo urubyiruko rukina umupira w’amaguru, giherereye mu Akagari ka Kivugiza mu Mudugudu wa Musega, ariko abajya kugikiniraho ni abatuye muri uyu Murenge wa Masoro.

Abajya gukinira kuri iki kibuga, baba bavuga bati tugiye ku ‘Iperu.’ Ni ikibuga kinakorerwaho izindi gahunda za Leta biciye mu Akagari.

UMUSEKE waganiriye na Kabarisa Fulgence wavukiye muri uyu Murenge, mu Akagari ka Kivugiza ari naho haherereye iki kibuga, asobanura impamvu iki kibuga cyiswe ku ‘Iperu.’

Ati “Ahantu byaturutse, ntabwo biva ku bintu byo gukina umupira. Byaturutse kuri Sosiyete y’ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro iri muri kano gace ariko yagiye igira amazina atandukanye. Yatangiye yitwa Somuki ariko amazina agenda ahinduka.”

Akomeza avuga ko kuba hariswe ku ‘Iperu’, byatewe n’abazungu bayoboraga iyo Sosiyete ariko bakajya basaba abakozi kujya guteresha imibyizi [kubarisha iminsi bakoze], ariko bakabibabwira mu rurimi rw’Igifaransa.

Ati “Kuba hariswe ku Iperu, ni ahantu hahuriraga abakozi bakoreraga muri iyo Sosiyete yitwa Somuki, babanzaga kunyura mu gitondo mbere y’uko bajya gukora ahitwaga i Mahaza. Bakabanza bakahanyura bakabaterera imibyizi.”

“Bakumva umuzungu ari kuvuga ati mujye kuri Appeller. Noneho bakabivuga nabi kuko nta rurimi bari bazi, bakumva umuzungu avuga ati mujye kuri Appeller. Bo bakavuga bati tujye ku Iperu. Izina rifata gutyo kuva ubwo. Ng’uko uko kiriya kibuga cyiswe ku Iperu.”

Ibi bisobanuye ko iki kibuga cyo ku ‘Iperu’, kimaze imyaka 92 kuko iri zina ryatangiye mu 1930 ubwo Abakoroni bari bakiri mu Rwanda.

Iki kibuga gifite amateka guhera mu 1930
Ikibuga cyo ku Iperu kitorezaho abana bo mu Murenge wa Masoro

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

Ibiciro byazamutseho 9,2% muri Gashyantare

Muri Gashyantare 2026 ibiciro mu mijyi byiyongereyeho 9,2% ugereranyije na Gashyantare 2025.…

Iran yabonye Umuyobozi w’Ikirenga mushya nyuma y’icyumweru America na Israel bishe uwari umazeho igihe

Iran yatangaje Umuyobozi w’Ikirenga wayo mushya, ari we Mojtaba Khamenei, akaba umuhungu…

Meteo Rwanda yateguje imvura ishobora guteza ibiza muri Werurwe

Ikigo cy’Igihugu cy’Iteganyagihe, Meteo Rwanda, cyatangaje ko muri Werurwe 2026 hateganyijwe imvura…

Impunzi z’Abarundi zigera ku 100,000 ziri kwirukanwa mu gihugu cya Tanzania

Imbunzi z'Abarundi zari zimaze igihe mu gihugu cya Tanzania zigiye gusubizwa mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?