BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 8, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Rulindo: Sobanukirwa impamvu ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’

Rulindo: Sobanukirwa impamvu ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’

admin
Last updated: January 3, 2023 10:48 am
admin
Share
SHARE

Mu Akarere ka Rulindo, mu Murenge wa Masoro, hari ikibuga cy’umupira w’amaguru cyiswe ku ‘Iperu’ bitewe n’amateka yaharanze kuva mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ikibuga cyiswe ku ‘Iperu’ gihuriraho abana benshi

Iki kibuga gihurirwaho n’abiganjemo urubyiruko rukina umupira w’amaguru, giherereye mu Akagari ka Kivugiza mu Mudugudu wa Musega, ariko abajya kugikiniraho ni abatuye muri uyu Murenge wa Masoro.

Abajya gukinira kuri iki kibuga, baba bavuga bati tugiye ku ‘Iperu.’ Ni ikibuga kinakorerwaho izindi gahunda za Leta biciye mu Akagari.

UMUSEKE waganiriye na Kabarisa Fulgence wavukiye muri uyu Murenge, mu Akagari ka Kivugiza ari naho haherereye iki kibuga, asobanura impamvu iki kibuga cyiswe ku ‘Iperu.’

Ati “Ahantu byaturutse, ntabwo biva ku bintu byo gukina umupira. Byaturutse kuri Sosiyete y’ubucukuzi bw’Amabuye y’Agaciro iri muri kano gace ariko yagiye igira amazina atandukanye. Yatangiye yitwa Somuki ariko amazina agenda ahinduka.”

Akomeza avuga ko kuba hariswe ku ‘Iperu’, byatewe n’abazungu bayoboraga iyo Sosiyete ariko bakajya basaba abakozi kujya guteresha imibyizi [kubarisha iminsi bakoze], ariko bakabibabwira mu rurimi rw’Igifaransa.

Ati “Kuba hariswe ku Iperu, ni ahantu hahuriraga abakozi bakoreraga muri iyo Sosiyete yitwa Somuki, babanzaga kunyura mu gitondo mbere y’uko bajya gukora ahitwaga i Mahaza. Bakabanza bakahanyura bakabaterera imibyizi.”

“Bakumva umuzungu ari kuvuga ati mujye kuri Appeller. Noneho bakabivuga nabi kuko nta rurimi bari bazi, bakumva umuzungu avuga ati mujye kuri Appeller. Bo bakavuga bati tujye ku Iperu. Izina rifata gutyo kuva ubwo. Ng’uko uko kiriya kibuga cyiswe ku Iperu.”

Ibi bisobanuye ko iki kibuga cyo ku ‘Iperu’, kimaze imyaka 92 kuko iri zina ryatangiye mu 1930 ubwo Abakoroni bari bakiri mu Rwanda.

Iki kibuga gifite amateka guhera mu 1930
Ikibuga cyo ku Iperu kitorezaho abana bo mu Murenge wa Masoro

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

Umushinjacyaha Mukuru wungirije w’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha, ICC, yatangaje ko bishoboka ko Minisitiri…

Perezida Kagame yitabiriye tombora y’Amatsinda y’Igikombe cy’Isi cya 2026

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame yifatanyije n’abayobozi bakomeye muri ruhago…

Kivu y’Amajyepfo: Imirwano ihanganishije AFC/M23 n’ingabo za RDC yakomeye

Ihuriro ry’ingabo za Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo na AFC/M23 byazindukiye mu…

Nyabihu: RIB iri gukurikirana ushinzwe imirimo rusange

Umuyobozi ushinzwe imirimo rusange mu Karere ka Nyabihu, ari gukurikiranwa n’Urwego rw’Ubugenzacyaha,…

Urubanza ruregwamo abarimo Djihad rwasubitswe.

Urubanza ruregwamo abarimo Uzabakiriho Cyprien uzwi nka Djihad rwasubitswe nyuma y’uko umwe…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Rutahizamu Bukayo Saka yambitse impeta umukunzi we bamaranye igihe kinini mu munyenga w’urukundo 

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ntiyemerewe kwandikisha abakinnyi

2 Min Read
Imikino

Itsinzi ya APR Fc yongeye kuyunga n’abakunzi bayo 

1 Min Read
Imikino

Hamenyekanye uzasifura umukino wa APR FC na Rayon Sports

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?