BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Saturday, Mar 14, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Perezida yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

admin
Last updated: December 30, 2022 1:48 pm
admin
Share
SHARE

Ian Khama wabaye Perezida wa Botswana, urukiko rwo muri iki gihugu rwamushyiriyeho impapuro zo kumuta muri yombi agafungwa kubera ibyaha byo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uwahoze ategeka Botswana yashyiriweho impapuro zimuta nuri yombi

Urukiko rwo muri Botswana rwasohoye izi mpapuro zimuta muri yombi, aho umucamanza avuga ko agomba gufatwa agahita afungwa. Ian Khama w’imyaka 69 yavuye mu gihugu umwaka ushize ahita ajya kuba muri Afurika y’Epfo.

Mu 2018 nibwo Ian Khama yavuye ku butegetsi nyuma yo kuyobora manda ebyiri z’imyaka 10  nka Perezida wa Botswana, gusa ahakana ibirego byose aregwa avuga ko ari ibinyoma no kuyobya uburari ku wamusimbuye ku butegetsi, Perezida Mokgweetsi Masisi.

Ian Khama aregwa ibyaha bigera kuri 14 birimo kunyereza amafaranga no gukoresha nabi ibya rubanda byibwe. Gusa impapuro zo kumuta muri yombi zo zireba icyaha cyo gutunga imbunda eshanu mu buryo bitemewe.

Impapuro zo guta muri yombi Ian Khama wahoze ari Perezida wa Botswana zije nyuma y’uko atsinzwe mu bujurire, ibi kandi bikajyana nuko ubuyobozi bw’iki gihugu bushaka uko bumuvana muri Afurika y’Epfo aho atuye kuri ubu.

Umuhungu w’imfura ya Ian Khama witwa Seretse Khama yabwiye igitangazamakuru kimwe cyo muri Botswana ko bagomba guha se amahirwe yo kugana urukiko akisobanura ku binyoma byamuhimbiwe.

Impapuro zo guta muri yombi Ian Khama zasohotse kuri uyu wa Kane, tariki 29 Ukuboza 2022, aho zashyizweho umukono na Mareledi Dipate.

Ivomo: BBC

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

Jamaica: RDF ihasize ibikorwa byivugira KU mahanga

Mu gihe cy’amezi abiri ashize u Rwanda rwohereje abasirikare gutanga umusanzu wo…

Amafaranga u Rwanda rukoresha muri Cabo Delgado arenga inshuro 10 atangwa na EU- Yolande Makolo

Umuvugizi wa Guverinoma y’u Rwanda, Yolande Makolo, yatangaje ko inkunga ya miliyoni…

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

1 Min Read
Mu mahanga

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

1 Min Read
Mu mahanga

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?