BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Dec 15, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Mu mahanga > Perezida yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

Perezida yashyiriweho impapuro zo kumuta muri yombi

admin
Last updated: December 30, 2022 1:48 pm
admin
Share
SHARE

Ian Khama wabaye Perezida wa Botswana, urukiko rwo muri iki gihugu rwamushyiriyeho impapuro zo kumuta muri yombi agafungwa kubera ibyaha byo gutunga imbunda mu buryo bunyuranyije n’amategeko.

Uwahoze ategeka Botswana yashyiriweho impapuro zimuta nuri yombi

Urukiko rwo muri Botswana rwasohoye izi mpapuro zimuta muri yombi, aho umucamanza avuga ko agomba gufatwa agahita afungwa. Ian Khama w’imyaka 69 yavuye mu gihugu umwaka ushize ahita ajya kuba muri Afurika y’Epfo.

Mu 2018 nibwo Ian Khama yavuye ku butegetsi nyuma yo kuyobora manda ebyiri z’imyaka 10  nka Perezida wa Botswana, gusa ahakana ibirego byose aregwa avuga ko ari ibinyoma no kuyobya uburari ku wamusimbuye ku butegetsi, Perezida Mokgweetsi Masisi.

Ian Khama aregwa ibyaha bigera kuri 14 birimo kunyereza amafaranga no gukoresha nabi ibya rubanda byibwe. Gusa impapuro zo kumuta muri yombi zo zireba icyaha cyo gutunga imbunda eshanu mu buryo bitemewe.

Impapuro zo guta muri yombi Ian Khama wahoze ari Perezida wa Botswana zije nyuma y’uko atsinzwe mu bujurire, ibi kandi bikajyana nuko ubuyobozi bw’iki gihugu bushaka uko bumuvana muri Afurika y’Epfo aho atuye kuri ubu.

Umuhungu w’imfura ya Ian Khama witwa Seretse Khama yabwiye igitangazamakuru kimwe cyo muri Botswana ko bagomba guha se amahirwe yo kugana urukiko akisobanura ku binyoma byamuhimbiwe.

Impapuro zo guta muri yombi Ian Khama zasohotse kuri uyu wa Kane, tariki 29 Ukuboza 2022, aho zashyizweho umukono na Mareledi Dipate.

Ivomo: BBC

NKURUNZIZA Jean Baptiste/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

U Rwanda rwateye utwatsi ibirego by’u Burundi birushinja ibitero ku butaka bwabwo

Ambasaderi w’u Rwanda i New York mu muryango w’Abibumbye, Martin Ngoga, yahakanye…

Gakenke: Yafatanywe ibiro 17 by’urumogi na litiro 14 za kanyanga mu nzu

Ishami rya Polisi rishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge (ANU) ku bufatanye na Polisi ikorera…

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

Umutoza w'umufaransa w'imyaka 58, Bruno Ferry uhabwa amahirwe yo gutoza Rayon Sports…

Gen (Rtd) Kabarebe yahererekanyije ububasha na Dr. Usta Kayitesi

Gen (Rtd) James Kabarebe wari Umunyabanga wa Leta muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga…

Finlande: Abana bari munsi y’imyaka 15 batwitse ’stade’ kubera gutsindwa kw’ikipe bafana

Ishami rya Polisi ya Finlande rikorera mu gace ka Valkeakoski, ryemeje ko…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Mu mahanga

Ubutegetsi bwa Perezida Suluhu bwahakanye gufunga Dr. Mpango wari Visi Perezida

2 Min Read
Politike

Urunturuntu no gucikamo ibice kw’ ishyaka CNDD-FDD riri ku butegetsi mu Burundi 

3 Min Read
Mu mahanga

Twirwaneho yasobanuye icyayiteye guhanura kajugujugu y’abacanshuro

3 Min Read
Mu mahanga

Putin na Netanyahu bashobora kuburanishwa na ICC badahari

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?