BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Umusore wari uvanye magendu y’imyenda muri Tanzania yayifatanywe atarayicuruza

Umusore wari uvanye magendu y’imyenda muri Tanzania yayifatanywe atarayicuruza

admin
Last updated: December 28, 2022 8:53 am
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano n’abaturage mu Karere ka Kirehe yafashe amabalo atatu n’igice y’imyenda ya caguwa yari yinjijwe mu Rwanda mu buryo bwa magendu.

Manigena yafashwe mu gicuku avuye gushaka imari muri Tanzania

Iyi myenda yafashwe ku wa Kabiri tariki 27 Ukuboza, ngo yari ivanywe muri Tanzania.

Uwayifatanywe yitwa Manigena François ufite imyaka 25 y’amavuko, ngo yari amaze kuyambutsa mu bwato  mu mudugudu wa Rama mu kagari ka Nyankurazo mu murenge wa Kigarama.

Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, Superintendent of Police (SP) Hamdun Twizeyimana yavuze ko iriya myenda yafashwe biturutse ku makuru yatanzwe n’abaturage.

Yagize ati: “Twari dufite amakuru ko hari abakora ubucuruzi bwa magendu mu masaha y’ijoro bambukira mu mudugudu wa Rama bazanye imyenda ya caguwa mu bwato, ivuye mu gihugu cya Tanzania.”

SP Hamdun Twizeyimana yavuze ko ahagana saa sita n’igice z’ijoro, aribwo Manigena yafatiwe mu cyuho afite amabalo atatu n’igice y’imyenda yari amaze kwinjiza mu gihugu.

Yagiriye inama abantu gukora ubucuruzi mu buryo bukurikije amategeko bakirinda  magendu, ashimira abaturage bakomeje kugira uruhare mu kurwanya ubu bucuruzi batanga amakuru ku gihe.

Avuga ko abakomeje kwishora muri magendu n’ibindi byaha batazahwema gufatwa bagashyikirizwa ubutabera.

 

Icyo itegeko rivuga

Itegeko ry’umuryango w’ibihugu byo mu Karere k’Afurika y’Iburasirazuba rinakoreshwa mu Rwanda ingingo yaryo ya 199 rivuga ko ibicuruzwa bya magendu byafashwe bitezwa cyamunara.

Imodoka yakoreshejwe muri ubwo bucuruzi bwa magendu nayo itezwa cyamunara ndetse umushoferi wayo agacibwa amande angana n’ibihumbi bitanu by’amadorali y’Amerika (US$5000).

Ingingo ya 87 y’Itegeko No. 026/2019 ryo ku wa 18/09/2019 rigena uburyo bw’isoresha, iteganya ko; umuntu wese ugambiriye kutishyura umusoro ukoze igikorwa cyo guhisha ibicuruzwa bisoreshwa cyangwa imitungo ifitanye isano n’ubucuruzi; aba akoze icyaha cyo kunyereza umusoro.

Iyo abihamijwe n’urukiko, ahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka ibiri (2) ariko kitarengeje imyaka itanu (5).

IVOMO: RNP Website

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
2 Comments
  • Kanyarwanda says:
    December 28, 2022 at 1:42 pm

    Kera narinziko magendu Ari ikintu gishobora kuviramo abantu urupfu cyangwa kunazahaza bitewe ko kiba cyabagizeho ingaruka kumubiri wabo

    Ntago numva ukuntu imyêenda iba magendu

    Reply
  • Matsiko says:
    December 28, 2022 at 5:27 pm

    Igicuruzwa cyitwamagendu iyo cyinjiye muburyo butemewe uretse nimyenda ninka ushobora kwitwa magendu

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Polisi yafunze abantu 9 bakekwaho guhungabanya ituze ry’abaturage

Kuri uyu wa Gatatu, mu Karere ka Huye mu mirenge ya Gishanvu…

Santarafurika: Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bwo kugarura amahoro zashimiwe ubwitange bwabo

Perezida wa Repubulika ya Santarafurika akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’icyo gihugu, Prof.…

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Ubutabera

Urubanza rwa Joseph Kabila ruratangira i Kinshasa, araregwa ibyaha bihanishwa urwo gupfa

4 Min Read
Ubutabera

Hatangajwe icyemezo cyafatiwe uwigeze kugeza kuri Perezida ikibazo cyavugwagamo BNR waregwaga inyandiko mpimbano

2 Min Read
Ubutabera

Abanyamayegeko ba Constant Mutamba bwasabye urukiko kudaha agaciro ibyavuye mu iperereza ry’ubushinjacyaha

2 Min Read
Ubutabera

Urukiko Rukuru rwimuriye urubanza rwa Ingabire n’abayoboke b’ishyaka rye muri Nzeri 2025

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?