BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Monday, Mar 16, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > APR yashinje Adil kuyihenuraho yaramufashije kubona ibyangombwa

APR yashinje Adil kuyihenuraho yaramufashije kubona ibyangombwa

admin
Last updated: December 26, 2022 10:11 am
admin
Share
SHARE

Nyuma yo kujyana muri FIFA ikipe ya APR FC ayishinja kumusuzugura mu kazi, ubuyobozi bw’iyi kipe y’Ingabo bwatangaje ko uyu mutoza nta kuzirikana agira bitewe na byinshi bwamufashije.

Ubuyobozi bwa APR FC bwemeje ko bwafashe Adil nta byangombwa afite

Tariki 24 Ukwakira 2022, umutoza w’Umunya-Maroc, Adil Erradi Muhamed yasubiye iwabo muri Maroc nyuma yo guhagarikwa na APR FC ashinjwa imyitwarire mibi.

Nyuma yo gusubira iwabo, uyu mutoza yavuze ko iyi kipe y’Ingabo yamusuzuguye kandi bazakizwa n’Ishyirahamwe Mpuzamahanga ry’Umupira w’Amaguru ku Isi [FIFA].

N’ubwo Adil avuga ko bazakizwa na FIFA, umuyobozi wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga yavuze ko iyi kipe ntacyo yishinja kuko bakoreye byose uyu mutoza, iyi kipe ikamugira umuntu ukomeye nyamara nta byangombwa yari afite.

Uyu muyobozi yavuze ko bafashe Adil nta byangombwa afite, bakamufasha kwiga kugeza abonye Licence A CAF, bakamufasha buri kimwe yifuje ariko bikarangira abituye kubajyana mu nkiko za FIFA.

Chairman wa APR FC, yanenze uyu munya-Maroc avuga ko n’imodoka yamujyanye ubwo yari asubiye muri Maroc, yayisize ku kibuga mpuzamahanga cy’indege i Kanombe.

Adil ngo yasize iyi kipe y’Ingabo ku rugamba, kandi bari barutangiranye. Ubuyobozi bwavuze ko bategereje umwanzuro wa FIFA kuko iyo ibintu byageze mu nkiko nta kindi bo babivugaho kirenze.

Uyu mutoza yegukanye ibikombe bitatu bya shampiyona mu myaka itatu yari amaze muri iyi kipe y’Ingabo.

Lt Gen Mubarakh Muganga, ahamya ko Adil atababaniye kandi bo baramugize uwo ari we!
Adil ahamya ko APR FC yamusuzuguye

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
3 Comments
  • James hakizimana says:
    December 26, 2022 at 10:51 am

    Adil yaraduhemukiye yirengagije ibyo apr yamukoreye reka dutegereze inkiko

    Reply
  • TWAGIRUMUKIZA faustin says:
    December 26, 2022 at 1:03 pm

    Adil ntabw’abonako twebw’abafana b’APR FC n’ikipeyacu y’amahoro APR FC twunz’ubumwe!!ntawadushobora baramushuka!! Reka tulinde FIFA, abayobozi b’ikyipeyacu mwese n’ikipe APR FC nafanamwese nabanyarwandamulirusangemwese!!!! hamwe n’umubyiyiwacu{Umubyeyiw’Urwanda}mbifulije umwakamushyamuhire happ new year mwebare

    Reply
  • Clouch says:
    December 26, 2022 at 2:23 pm

    Iyi kipe utayiriye wazarya iyihe?Ni abantu bakunda umupira ariko batawuzi nagato .Adil nta kosa mushinja ikosa rifite ba shebuja be

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

2 Min Read
Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?