BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Love Hope&Care Foundation yahaye Noheli n’ubunani imiryango itishoboye

Love Hope&Care Foundation yahaye Noheli n’ubunani imiryango itishoboye

admin
Last updated: December 24, 2022 11:51 pm
admin
Share
SHARE

Umuryango usanzwe ufasha abana n’imiryango ya bo itishoboye, Love Hope&Care Foundation, wageneye ibiribwa iyi miryango kugira ngo ibashe kumwenyura kuri Noheli.

Umuryango Love Hope&Care Foundation watanze Noheli n’Ubunani

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukuboza 2022, kibera mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Nyabugogo, Umudagudu w’Agatare ku kigo cy’amashuri abanza aherereye muri uyu Mudugudu.

Imiryango 32 irimo abana barenga 50, ni yo yahawe ibiribwa birimo inyama z’inka, umuceri, amavuta, ibishyimbo, ibirayi n’ibindi byari byateganyijwe.

Nyuma yo guhabwa ibi biribwa, ababyeyi basanzwe bafashwa n’uyu muryango, Love Hope&Care Foundation, basazwe n’ibyishimo ndetse bashimira cyane uyu muryango ukomeje kubakorera ibidasanzwe.

Umubyeyi w’abana batanu, Umutoni Claire Scovia aganira na UMUSEKE yavuze ko bashimira uwashinze uyu muryango ariko by’umwihariko bashimishijwe no kuba babonye ibyo gusangira n’imiryango ya bo mu minsi mikuru.

Ati “Turishimye cyane kuko iki ari igikorwa cy’urukundo. Dufite abantu bahora badutekerezaho by’umwihariko muri iyi minsi. Murabona tugiye kurya akaboga, ifiriti n’umuceri. Mbese twishimye cyane byatunejeje.”

Yakomeje avuga ko ibi bisobanura ko hari abantu bakifitemo Ubumuntu n’urukundo rudasanzwe, kandi asaba Abanyarwanda gukomeza kubungabunga urukundo rusanzwe rubaranga.

Muhayimana Dénise ubana n’iyi miryango mu buzima bwa buri munsi, avuga ko hakiri imbogamizi zo kwigisha abana bo ku muhanda, hagamijwe ko bawuvaho bakagana ishuri ndetse bakareka burundu ibiyobyabwenge.

Shaban Muhamed uyobora Love Hope&Care Foundation mu Rwanda, avuga ko bagerageza gufasha abana kwiga kugira ngo bahindure ubuzima. Ikirenze kuri ibyo ni uko ababyeyi b’aba bana na bo bahabwa amahugurwa abafasha kwiteza imbere.

Shaban akomeza ashimira Umutoni Rosé washinze uyu muryango, kuko atigeze yirengagiza ubuzima bubi yaciyemo bigatuma akora ibikorwa by’ubugiraneza.

Twizeyimana Emmanuel w’imyaka 17 ugeze mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye, ahamya ko muri Love Hope&Care Foundation amaze kuhungukira byinshi birimo kuva ku muhanda no kwiga.

Uko Umuryango Love Hope&Care Foundation wavutse:

Mu 2019 washinzwe na Umutoni Rosé utuye mu gihugu cya Canada ubu. Yabitewe no kuba nawe yarabayeho ubuzima bwo mu muhanda ahazwi nko mu Giporoso.

Umuryango Love Hope&Care Foundation ufasha abana bo ku muhanda ndetse n’imiryango ya bo, ukishyurira amacumbi iyi miryango ibamo, ukabagenera ibiribwa, amafaranga y’ishuri n’ibindi by’ibanze bikenerwa.

Aba babyeyi bishimye pe!!
Buri wese yahavuye abonye ifunguro
Akanyamuneza kagaragaraga ku maso y’abahawe ibi biribwa
Hazaga umwe umwe bamuha ibyo yagenewe
Abana bafashijwe kuva mu muhanda n’Umuryango, Love Hope&Care Foundation
Ababyeyi bibutswe na Love Hope&Care Foundation
Buri umwe yahawe ibizamufasha muri iyi minsi mikuru

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

MONUSCO na ICGLR byagiye gusuzuma uko umutekano uhagaze muri Uvira

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC : Umusirikare wa FARDC yasabiwe igihano cy’imyaka 10 azira amafoto yasakaye ku karubanda asomana n’umukunzi we

2 Min Read
Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?