BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Inkuru zindi > Love Hope&Care Foundation yahaye Noheli n’ubunani imiryango itishoboye

Love Hope&Care Foundation yahaye Noheli n’ubunani imiryango itishoboye

admin
Last updated: December 24, 2022 11:51 pm
admin
Share
SHARE

Umuryango usanzwe ufasha abana n’imiryango ya bo itishoboye, Love Hope&Care Foundation, wageneye ibiribwa iyi miryango kugira ngo ibashe kumwenyura kuri Noheli.

Umuryango Love Hope&Care Foundation watanze Noheli n’Ubunani

Ni igikorwa cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 24 Ukuboza 2022, kibera mu Murenge wa Kigali, Akagari ka Nyabugogo, Umudagudu w’Agatare ku kigo cy’amashuri abanza aherereye muri uyu Mudugudu.

Imiryango 32 irimo abana barenga 50, ni yo yahawe ibiribwa birimo inyama z’inka, umuceri, amavuta, ibishyimbo, ibirayi n’ibindi byari byateganyijwe.

Nyuma yo guhabwa ibi biribwa, ababyeyi basanzwe bafashwa n’uyu muryango, Love Hope&Care Foundation, basazwe n’ibyishimo ndetse bashimira cyane uyu muryango ukomeje kubakorera ibidasanzwe.

Umubyeyi w’abana batanu, Umutoni Claire Scovia aganira na UMUSEKE yavuze ko bashimira uwashinze uyu muryango ariko by’umwihariko bashimishijwe no kuba babonye ibyo gusangira n’imiryango ya bo mu minsi mikuru.

Ati “Turishimye cyane kuko iki ari igikorwa cy’urukundo. Dufite abantu bahora badutekerezaho by’umwihariko muri iyi minsi. Murabona tugiye kurya akaboga, ifiriti n’umuceri. Mbese twishimye cyane byatunejeje.”

Yakomeje avuga ko ibi bisobanura ko hari abantu bakifitemo Ubumuntu n’urukundo rudasanzwe, kandi asaba Abanyarwanda gukomeza kubungabunga urukundo rusanzwe rubaranga.

Muhayimana Dénise ubana n’iyi miryango mu buzima bwa buri munsi, avuga ko hakiri imbogamizi zo kwigisha abana bo ku muhanda, hagamijwe ko bawuvaho bakagana ishuri ndetse bakareka burundu ibiyobyabwenge.

Shaban Muhamed uyobora Love Hope&Care Foundation mu Rwanda, avuga ko bagerageza gufasha abana kwiga kugira ngo bahindure ubuzima. Ikirenze kuri ibyo ni uko ababyeyi b’aba bana na bo bahabwa amahugurwa abafasha kwiteza imbere.

Shaban akomeza ashimira Umutoni Rosé washinze uyu muryango, kuko atigeze yirengagiza ubuzima bubi yaciyemo bigatuma akora ibikorwa by’ubugiraneza.

Twizeyimana Emmanuel w’imyaka 17 ugeze mu mwaka wa mbere w’amashuri yisumbuye, ahamya ko muri Love Hope&Care Foundation amaze kuhungukira byinshi birimo kuva ku muhanda no kwiga.

Uko Umuryango Love Hope&Care Foundation wavutse:

Mu 2019 washinzwe na Umutoni Rosé utuye mu gihugu cya Canada ubu. Yabitewe no kuba nawe yarabayeho ubuzima bwo mu muhanda ahazwi nko mu Giporoso.

Umuryango Love Hope&Care Foundation ufasha abana bo ku muhanda ndetse n’imiryango ya bo, ukishyurira amacumbi iyi miryango ibamo, ukabagenera ibiribwa, amafaranga y’ishuri n’ibindi by’ibanze bikenerwa.

Aba babyeyi bishimye pe!!
Buri wese yahavuye abonye ifunguro
Akanyamuneza kagaragaraga ku maso y’abahawe ibi biribwa
Hazaga umwe umwe bamuha ibyo yagenewe
Abana bafashijwe kuva mu muhanda n’Umuryango, Love Hope&Care Foundation
Ababyeyi bibutswe na Love Hope&Care Foundation
Buri umwe yahawe ibizamufasha muri iyi minsi mikuru

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

Miss Nishimwe Naomie ubitse ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda mu 2020, yihanangirije…

Thomas Lubanga yashimangiye ko ashyigikiye AFC/M23

Thomas Lubanga washinze umutwe witwaje intwaro wa FRP (Force pour la révolution…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Inkuru zindi

RDC: Imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka y’ubwato yigaragambije

2 Min Read
Inkuru zindi

DRC: Perezida Tshisekedi yategetse iperereza ku mpanuka y’ubwato

2 Min Read
Inkuru zindi

Barafinda Sekikubo yongeye gutanga kandidatire ku mwanya wa perezida

1 Min Read
Inkuru zindi

Christian Malanga wayoboye igitero cyo guhirika ubutegetsi bwa Tshisekedi ni muntu ki?

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?