BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ku kirwa cya Kirehe ubwato bwari ingobyi y’abarwayi bwarashaje

Ku kirwa cya Kirehe ubwato bwari ingobyi y’abarwayi bwarashaje

admin
Last updated: December 23, 2022 9:47 am
admin
Share
SHARE

NYAMASHEKE: Abaturage 1143 batuye mu ngo 204 ku kirwa cya Kirehe kiri mu Kiyaga cya Kivu mu kagari ka Rugali  mu Murenge wa Macuba, barasaba ubuyobozi bw’akarere ubwato bwabafashaga nk’imbangukiragutabara nyuma y’uko ubwo bari barahawe  2016 bwashaje.

ubwato buto butwarwamo abarwayi bushobora kibateza impanuka

Abaturage batuye iki kirwa bavuga ko iyo umuntu arembye bibagora ku mwambutsa i Kivu ajyanwa kwa muganga.

Bavuga ko bakoresha utwato duto dushobora kubateza impanuka bigatwara n’igihe mu kugeza umurwayi hakurya y’i Kivu.

Nyiranzabandora Josephine agira ati “Ubwato bwarashaje nta ngurane yabwo twabonye, iyo umuntu afashwe dufata ubwato buto tukamugeza kwa muganga bitugoye.”

Munezero Annociata umaze imyaka 37 atuye kuri iki kirwa avuga ko i Kivu nta nshuti kigira ko baterwa ubwoba no kurohama mu gihe batwaye umurwayi kwa muganga.

Ati “Ubwato bwa ambulance twari twahawe bwadufashije igihe gito, bwari imbaho bwarashaje, umubyeyi ajya kubyara bakamutwara mu twato duto, turasaba ubuyobozi ko bwakongera bukadufasha kubona  ambulance yacu.”

Ntamushobora Samson uyobora Umudugudu wa Kirehe avuga ko babitse moteri y’ubwo bari barahawe mu mwaka wa 2016.

Ati “Iyo umurwayi arembye tujya gutira, biratugora ushobora kijya kubutira ugasanga nyirabwo yabujyanye mu bindi”.

Si ubwa mbere aba baturage bagaragaza iki kibazo kuko Komite Nyobozi y’Akarere yacyuye igihe yakigejejweho kenshi gusa nticyakemurwa.

Ubuyobozi bw’akarere ka Nyamasheke buvuga ko ikibazo cy’aba baturage bukizi bwabasobanuriye kenshi inzira banyuramo izabafasha kubona ubundi bwato.

Ubu buyobozi bubakurira inzira ku murima ko nta bundi bwato bazahabwa, bubasaba kwishakamo ibisubizo.

Busaba kandi abaturage kwimuka muri iki kirwa bakajya gutura hakurya y’i Kivu mu masite atandukanye y’imiturire.

Mukankusi Athanasie umuyobozi w’Akarere ka Nyamasheke wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage yabwiye UMUSEKE ko ” Twabasabye kwishakamo ubushobozi ntabwo buri gihe uko bwajya busaza twajya tubagurira ubundi, ntabwo bagumya gusaba gufashwa barabukoreshaga bagombye kuba barabonye uko bazajya babucunga.”

Akomeza agira ati “Nta bundi buzaboneka nibo bazabwishakamo bakanishyiriraho uburyo bwo kubucunga n’abo bantu bambuka ntabwo bazajya bambukira ubusa. Tunabashishikariza kuza gutura ku masite y’imiturire ari hakuno y’amazi.”

Akarere ka Nyamasheke gafite ibirwa bitanu, bizengurutswe n’ikiyaga cya Kivu. Bibiri muri byo Mushungo na Kirehe biratuwe cyane.
MUHIRE DONATIEN / UMUSEKE.RW i Nyamasheke
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?