BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Jul 30, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Clement n’umuryango we ntibateganya gutura muri Amerika

Clement n’umuryango we ntibateganya gutura muri Amerika

admin
Last updated: December 22, 2022 4:23 pm
admin
Share
SHARE

Inzu ifasha abahanzi ikanatunganya indirimbo ya Kina Music yafunguye ishami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangirana n’umuhanzi uhatuye witwa John B. Singleton ariko bamara impungenge abakunzi babo ko ntaho bo bazajya gutura.

Ishimwe Clement avuga ko yaguriye ibikorwa USA ariko atazahimukira n’umuryango we

Ishimwe Clement ukuriye iyi nzu ya Kina Music yari amaze igihe yaragiye muri Amerika mu rugendo shuri rwo gushaka abanyempano bazakorana.

Aganira na UMUSEKE Ishimwe Clement yavuze ko atari Studio gusa bubatse muri Amerika ahubwo ari Record Label izaba ifite abahanzi ireberera.

Yavuze ko afite ikipe y’abantu bazajya bakorana muri iryo shami rishya riherereye muri Leta ya Texas. Ati “Kina music si Clement hari abandi benshi, dufite abantu batuye muri America bazajya bakorerayo.”

Kuba bafunguye iri shami muri Amerika hari uwatekereza cyangwa akagira impungenge ko umuryango wa Ishimwe Clement na Butera Knowless ushobora kwimukira muri Amerika.

Yagize ati “Iyo gahunda ntayihari.”

Mu gutangiza Kina Music yo muri Amerika yatangiranye n’umuhanzi w’umunyarwanda ariko uhatuye witwa John B. Singleton gusa ngo bazagenda basinyisha n’abandi uko iminsi izagenda y’icuma.

Ajya kumuhitamo ngo ni uko yashimye impano ye. Ati “Impano ya John irivugira, ariko hari n’abandi bagenda baza buhoro buhoro.”

Uyu muhanzi yavukiye mu karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyundo, mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiye muri Amerika afite imyaka 12 y’amavuko.

Indirimbo ya mbere John B. Singleton yakoranye na Kina Music

John Byiringiro Singleton watangiye gukorana na Kina Music muri USA
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Abajenerali 9 bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, (RDF)…

AFC/ M23 yakomeje ibirindiro byayo muri Teritwari ya Walikare

Ihuriro AFC/ M23 ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Repubulika Iharanira Demokarasi riravugwaho kongereye…

Umuraperi Lecrae agiye gutaramira i Kigali

Umuraperi Lecrae uri mu bafite izina rikomeye mu muziki wo kuramya no…

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki

Bwiza yateguje igitaramo cyo kwizihiza imyaka ine amaze mu muziki, aho kizitabitwa…

Gasabo: Polisi yafashe abateka bakanagurisha kanyanga abaturage

Polisi ikorera mu Murenge wa Ndera n'uwa Rusororo ndetse n'uwa Gikomero yo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Ciara yahawe ubwenegihugu bwa Bénin

2 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu wari ukurikiranyweho gufungirana abakobwa mu nzu yarekuwe

1 Min Read
Imyidagaduro

Burikantu akurikiranyweho icyaha cyo gufungirana inkumi ebyiri

1 Min Read
Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?