BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jul 18, 2025
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imyidagaduro > Clement n’umuryango we ntibateganya gutura muri Amerika

Clement n’umuryango we ntibateganya gutura muri Amerika

admin
Last updated: December 22, 2022 4:23 pm
admin
Share
SHARE

Inzu ifasha abahanzi ikanatunganya indirimbo ya Kina Music yafunguye ishami muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika batangirana n’umuhanzi uhatuye witwa John B. Singleton ariko bamara impungenge abakunzi babo ko ntaho bo bazajya gutura.

Ishimwe Clement avuga ko yaguriye ibikorwa USA ariko atazahimukira n’umuryango we

Ishimwe Clement ukuriye iyi nzu ya Kina Music yari amaze igihe yaragiye muri Amerika mu rugendo shuri rwo gushaka abanyempano bazakorana.

Aganira na UMUSEKE Ishimwe Clement yavuze ko atari Studio gusa bubatse muri Amerika ahubwo ari Record Label izaba ifite abahanzi ireberera.

Yavuze ko afite ikipe y’abantu bazajya bakorana muri iryo shami rishya riherereye muri Leta ya Texas. Ati “Kina music si Clement hari abandi benshi, dufite abantu batuye muri America bazajya bakorerayo.”

Kuba bafunguye iri shami muri Amerika hari uwatekereza cyangwa akagira impungenge ko umuryango wa Ishimwe Clement na Butera Knowless ushobora kwimukira muri Amerika.

Yagize ati “Iyo gahunda ntayihari.”

Mu gutangiza Kina Music yo muri Amerika yatangiranye n’umuhanzi w’umunyarwanda ariko uhatuye witwa John B. Singleton gusa ngo bazagenda basinyisha n’abandi uko iminsi izagenda y’icuma.

Ajya kumuhitamo ngo ni uko yashimye impano ye. Ati “Impano ya John irivugira, ariko hari n’abandi bagenda baza buhoro buhoro.”

Uyu muhanzi yavukiye mu karere ka Rubavu mu Murenge wa Nyundo, mu Ntara y’Iburengerazuba, yagiye muri Amerika afite imyaka 12 y’amavuko.

Indirimbo ya mbere John B. Singleton yakoranye na Kina Music

John Byiringiro Singleton watangiye gukorana na Kina Music muri USA
Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Uhagarariye Uganda i Kinshasa yahamagajwe gusobanura iby’ifungurwa ry’umupaka wa Bunagana

Ambasaderi wa Uganda muri Repubulika iharanira demokarasi ya Congo Alhajji Farid M.…

AFC/M23 ihaye gasopo u Burundi na Kinshasa bashaka kwisubiza ibice bambuwe

Ihuriro AFC/M23 rihanganye n’ubutegetsi bwa DRCongo, ryabusabye guhagarika ibitero n’ibikorwa bya gisirikare…

Perezida William Ruto yakiriye intumwa yihariye ya perezida Kagame

Perezida wa Kenya, William Samoei Ruto, yakiriye Intumwa yihariye ya Perezida Paul…

Lamine Yamal yizeje ibitangaza abakunzi ba FC Barcelona

Umunya-Esipanye ukina muri FC Barcelona, Lamine Yamal, yemeje ko agiye kwandika amateka…

Barack Obama n’umugore we bashyize umucyo ku bihuha by’uko batandukanye

Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za America, n’umugore we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imyidagaduro

Miss Naomi yiyamye abavuga ko umugabo we yakennye

2 Min Read
Imyidagaduro

Nicki Minaj yasabye Jay-Z kumwishyura arenga miliyoni 100

2 Min Read
Imyidagaduro

Umuhanzikazi Clarisse Karasira yibarutse ubuheta

1 Min Read
Imyidagaduro

Rufonsina aritegura kwibaruka ubuheta

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?