BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Mar 13, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Keddy yababariwe yemererwa gusubira muri APR FC

Keddy yababariwe yemererwa gusubira muri APR FC

admin
Last updated: December 19, 2022 10:13 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC burangajwe imbere na Lt Gen Mubarakh Muganga, bwahaye imbabazi umukinnyi wo hagati Nsanzimfura Keddy wari umaze igihe yarashyizwe mu gihirahiro.

Keddy yongeye kugarurwa gukorera imyitozo mu ikipe ya mbere

Ibi byanjirijwe no gusabirwa imbabazi na bagenzi be nyuma y’umukino ikipe y’Ingabo yatsinze Rayon Sports igitego 1-0.

Mu rwambariro rw’iyi kipe, bamwe mu bakinnyi bakuru ba yo basabye Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri iyi kipe, ko yabagereza ubutumwa ku buyobozi ko baca inkoni izamba bakababarira Keddy akagaruka mu ikipe ya mbere.

Mupenzi Eto’o yagejejeyo ubutumwa yahawe n’abakinnyi, maze na bo nk’ababyeyi baca inkoni izamba batanga imbabazi kuri uyu mukinnyi ukiri muto ariko asabwa kwitwarira ndetse akazamura urwego bitaba ibyo agatizwa.

Aherekejwe na mama we umubyara, Nsanzimfura yagiye mu Akarere ka Musanze ndetse abonana na Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga bagirana ibiganiro ariko byaganishaga kukumuha imbabazi.

N’ubwo yahawe imbabazi, Keddy yategetswe kugumana na mama we aho kujya kwikodeshereza ndetse agakora imyitozo neza kugeza ubwo yongeye kwemeza ko ari umukinnyi wo gukoreshwa mu ikipe ye mbere bitaba ibyo akaba yakoherezwa muri Marine FC nk’intizanyo.

Nsanzimfura Keddy wari woherejwe mu Intare FC muri Nzeri uyu mwaka, aratangira imyitozo kuri uyu wa Mbere, i Shyorongi hamwe n’abandi bakinnyi bose ba APR FC iri gutegura umukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona izasura Étincelles FC kuri Stade Umuganda ku wa Kane tariki 22 Ukuboza 2022.

Nsanzimfura Keddy afite impano idashidikanywaho!

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Urukiko rwategetse ko Barafinda Sekikubo Fred akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo

Urukiko Rwisumbuye rwa Nyarugenge rwanzuye ko ubujurire bwa Barafinda Sekikubo Fred ku…

Imiryango 47 y’impunzi z’Abarundi itashye ku bushake

Imiryango 47 y’Impunzi z’Abarundi yari imaze igihe icumbikiwe mu nkambi ya Mahama,…

Stephen Constantine yongeye ahabwa inshingano zo gutoza Amavubi

Ishyirahamwe ry'Umpira w'Amaguru mu Rwanda, FERWAFA, ryatangaje ko Stephen Constantine ariwe mutoza…

Bank nkuru y’u Rwanda n’iya Kenya bashyize umukono ku masezerano y’ubufatanye

Banki Nkuru z’u Rwanda na Kenya ziyemeje ubufatanye mu by’imari Banki Nkuru…

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?