BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Friday, Jan 23, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Keddy yababariwe yemererwa gusubira muri APR FC

Keddy yababariwe yemererwa gusubira muri APR FC

admin
Last updated: December 19, 2022 10:13 am
admin
Share
SHARE

Ubuyobozi bw’ikipe ya APR FC burangajwe imbere na Lt Gen Mubarakh Muganga, bwahaye imbabazi umukinnyi wo hagati Nsanzimfura Keddy wari umaze igihe yarashyizwe mu gihirahiro.

Keddy yongeye kugarurwa gukorera imyitozo mu ikipe ya mbere

Ibi byanjirijwe no gusabirwa imbabazi na bagenzi be nyuma y’umukino ikipe y’Ingabo yatsinze Rayon Sports igitego 1-0.

Mu rwambariro rw’iyi kipe, bamwe mu bakinnyi bakuru ba yo basabye Mupenzi Eto’o ushinzwe igura n’igurisha ry’abakinnyi muri iyi kipe, ko yabagereza ubutumwa ku buyobozi ko baca inkoni izamba bakababarira Keddy akagaruka mu ikipe ya mbere.

Mupenzi Eto’o yagejejeyo ubutumwa yahawe n’abakinnyi, maze na bo nk’ababyeyi baca inkoni izamba batanga imbabazi kuri uyu mukinnyi ukiri muto ariko asabwa kwitwarira ndetse akazamura urwego bitaba ibyo agatizwa.

Aherekejwe na mama we umubyara, Nsanzimfura yagiye mu Akarere ka Musanze ndetse abonana na Chairman wa APR FC, Lt Gen Mubarakh Muganga bagirana ibiganiro ariko byaganishaga kukumuha imbabazi.

N’ubwo yahawe imbabazi, Keddy yategetswe kugumana na mama we aho kujya kwikodeshereza ndetse agakora imyitozo neza kugeza ubwo yongeye kwemeza ko ari umukinnyi wo gukoreshwa mu ikipe ye mbere bitaba ibyo akaba yakoherezwa muri Marine FC nk’intizanyo.

Nsanzimfura Keddy wari woherejwe mu Intare FC muri Nzeri uyu mwaka, aratangira imyitozo kuri uyu wa Mbere, i Shyorongi hamwe n’abandi bakinnyi bose ba APR FC iri gutegura umukino w’umunsi wa 15 wa Shampiyona izasura Étincelles FC kuri Stade Umuganda ku wa Kane tariki 22 Ukuboza 2022.

Nsanzimfura Keddy afite impano idashidikanywaho!

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Biravugwa ko abarwanyi b’abacancuro bongeye kugaragara muri Congo

Amakuru atangwa n’abakurikiranira hafi ibyo muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, aravuga…

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

Kuri uyu wa Kane tariki 22 Mutarama 2026, Igipolisi cya Uganda cyatangaje…

Rayon Sports yatandukanye na Haruna Ferouz

Nyuma y'iminsi Haruna Ferouz atagaragara mu myitozo ya Rayon Sports, yamaze gutandukana…

Jose Chameleone yaguze Radio i Burundi

Umuhanzi ukomeye mu muziki wa Afurika uzwi ku izina rya Jose Chameleone…

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiriye kuyobora Guinée Conakry muri manda y’imyaka irindwi, mu…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yashyikirije abasifuzi mpuzamahanga ibirango bya FIFA bazakoresha muri 2026

2 Min Read
Imikino

CAN 2025: Maroc na Senegal zabonye itike ya ½ 

4 Min Read
Imikino

Bugesera FC yongeye gukora mu nkovu Rayon Sports FC

2 Min Read
Imikino

Rayon Sports ishobora kubona umutoza mushya mu minsi mike

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?