BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Thursday, Mar 12, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Imikino > Mateso yavuze kuri Alain-André Landeut yasimbuye

Mateso yavuze kuri Alain-André Landeut yasimbuye

admin
Last updated: December 13, 2022 11:22 am
admin
Share
SHARE

Umutoza mukuru w’agateganyo wa Kiyovu Sports, Mateso Jean de Dieu, ahamya ko umubano we n’uwahoze ari umutoza mukuru w’iyi kipe, Alain-André Landeut ari mwiza kandi agifasha ikipe uko bikwiye.

Mateso avuga ko Alain-André Landeut akomeje gufasha Kiyovu Sports

Ni nyuma yo kuba ubuyobozi bwa Kiyovu Sports bwarafashe icyemezo cyo guha izindi nshingano, Alain-André Landeut watozaga iyi kipe maze igasigaranwa na Mateso Jean de Dieu wari umwungirije.

Aganira na UMUSEKE, Mateso yavuze ko Alain afasha ikipe uko bikwiye kandi bashima umusanzu akomeje gutanga, cyane ko akiri umukozi wa yo.

Ati “Alain-André Landeut araza akareba imyitozo, yarangira akaza akatuganiriza akatubwira uko yayibonye, haba hari icyo kutwongerera yabonye akatubwira, ubundi tugataha. Nta kibazo gihari kuko aracyari umukozi wa Kiyovu.”

Mateso yakomeje avuga ko mu gihe gito amaze afite inshingano nk’umutoza mukuru w’agateganyo, yagerageje kuganiriza abakinnyi abibutsa izina ry’ikipe bakinira kandi abasaba gukomeza kwitanga uko bishoboka kugira ngo bahe ibyishimo abakunzi b’iyi kipe.

Si ubwa mbere yaba asiganye ikipe, kuko yayisiganye ubwo yari yungirije Nshimiyimana Eric muri AS Kigali ndetse ahita yegukana igikombe cy’Amahoro, ayisigarana no muri Mukura VS.

Abatoza bungirije ni bo basigaranye inshingano

UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Macron yavuze ku gitero cya drone cyahitanye Ubufaransakazi i Goma

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa, yagaragaje umubabaro nyuma y’urupfu rwa Karine Buisset,…

Gen Bunyoni wari warakatiwe igihano cya burundu yarekuwe

General Alain-Guillaume Bunyoni wabaye Minisitiri w’Intebe w’u Burundi kuva muri Kamena 2020…

UNICEF yatangaje akababaro irimo kubera umukozi wayo wiciye i Goma

Ishami rya ONU ryita ku bana ryatangaje ko “ribabajwe kandi rishenguwe n’urupfu…

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo kuri uyu wa Kabiri yagiranye ibiganiro…

Herekanywe abasore bakekwaho ibyaha by’ubugome.

Kuri uyu wa Kabiri, tariki ya 10 Werurwe 2026, Urwego rw'Ubugenzacyaha (RIB)…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Imikino

FERWAFA yanenzwe bikomeye kubera abasifuzi batagira ibikoresho bigezweho 

2 Min Read
Imikino

Tour du Rwanda2026: Umunya-Brazil ukiri muto yegukanye agace ka karindwi

3 Min Read
Imikino

Umubiligi Mathjis De Clercq yegukanye agace ka Kane ka Tour du Rwanda 2026

2 Min Read
Imikino

Itamar Einhorn ni we wegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2026

1 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?