BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abarenga 400 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya

Abarenga 400 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya

admin
Last updated: December 10, 2022 12:28 pm
admin
Share
SHARE

Abanyeshuri 425 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya, Ishami ry’u Rwanda basabwe kubyaza umusaruro amasomo bahawe, baharanira iterambere ry’Igihugu.

Abarangije amasomo muri MKUR basabwe kuzana impinduka nziza

Ibi babisabwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza, ubwo habaga umuhango wo gutanga   impampabumenyi  ku banyeshuri basoje amasomo mu  byiciro bitandukanye.

Ni ibirori byabanje kubera ku ikoranabuhanga kugira ngo abanyeshuri bose b’iyi Kaminuza ifite icyicaro muri Kenya bahurizwe hamwe, nyuma buri Ishami rikomeza gahunda yayo uko ryabiteguye.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa  MKUR,Ushinzwe ubushakashatsi ,Dr Wanjiku Catherine, yavuze ko mu gihe cy’imyaka 12 iri shami rimaze rifunguwe mu Rwanda, ryatanze umusanzu ukomeye mu burezi,asaba abarangije basabwa gutanga umusanzu mu cyerekezo n’iterambere ry’Igihugu.

Yagize ati “Abanyeshuri ba Mount Kenya tubitezeho gutanga umusanzu ukomeye,tubitezeho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, ndetse kwerekana ko bashoboye ku isko ry’umurimo.”

Uwahoze ari Perezida wa Sena y’u Rwanda na Minisitiri w’Intebe, Bernard Makuza, wavuze  mu izina ry’abarezi,yabwiye aba banyeshuri ko kuba basoje amasomo ari amahirwe sosiyete ifite bakwiye kubyaza umusaruro.

Yagize ati “Ubu mwahindutse ndetse mwageze ku rundi rwego. Mugomba gukoresha iyo mpinduka mwagezeho muharanira ibyiza haba kuri mwe, imiryango yanyu n’ibihugu muturukamo.”

Muri rusange abahawe impamyabumenyi bose hamwe bo mu bihugu bitandukanye  byo mu Karere bagera 4,497.

MKUR itanga amasomo ajyanye n’Uburezi, Ubucuruzi, Siyansi mu Makuru n’Ikoranabuhanga (Sience In Information Technology), Itangazamakuru n’Itumanaho, Imibanire Mpuzamahanga, Ubujyanama mu by’Imitekerereze ya muntu, n’amasomo ajyanye n’Ubuvuzi ndetse n’Ubukerarugendo.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Iran yemeje urupfu rw’Umuyobozi w’Inama y’Umutekano yayo

Leta ya Iran yemeje ko Umunyamabanga w’Inama y’Umutekano yayo, Dr. Ali Larijani,…

Musanze: Yafatanywe ibiro bisaga 6 by’urumogi arimo kurukwirakwiza

Ku mugoroba wo kuri uyu wa mbere, tariki ya 16 werurwe 2026,…

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?