BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Feb 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Abarenga 400 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya

Abarenga 400 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya

admin
Last updated: December 10, 2022 12:28 pm
admin
Share
SHARE

Abanyeshuri 425 basoje amasomo muri Kaminuza ya Mount Kenya, Ishami ry’u Rwanda basabwe kubyaza umusaruro amasomo bahawe, baharanira iterambere ry’Igihugu.

Abarangije amasomo muri MKUR basabwe kuzana impinduka nziza

Ibi babisabwe kuri uyu wa Gatanu tariki ya 9 Ukuboza, ubwo habaga umuhango wo gutanga   impampabumenyi  ku banyeshuri basoje amasomo mu  byiciro bitandukanye.

Ni ibirori byabanje kubera ku ikoranabuhanga kugira ngo abanyeshuri bose b’iyi Kaminuza ifite icyicaro muri Kenya bahurizwe hamwe, nyuma buri Ishami rikomeza gahunda yayo uko ryabiteguye.

Umuyobozi Mukuru wungirije wa  MKUR,Ushinzwe ubushakashatsi ,Dr Wanjiku Catherine, yavuze ko mu gihe cy’imyaka 12 iri shami rimaze rifunguwe mu Rwanda, ryatanze umusanzu ukomeye mu burezi,asaba abarangije basabwa gutanga umusanzu mu cyerekezo n’iterambere ry’Igihugu.

Yagize ati “Abanyeshuri ba Mount Kenya tubitezeho gutanga umusanzu ukomeye,tubitezeho kugira uruhare mu iterambere ry’igihugu, ndetse kwerekana ko bashoboye ku isko ry’umurimo.”

Uwahoze ari Perezida wa Sena y’u Rwanda na Minisitiri w’Intebe, Bernard Makuza, wavuze  mu izina ry’abarezi,yabwiye aba banyeshuri ko kuba basoje amasomo ari amahirwe sosiyete ifite bakwiye kubyaza umusaruro.

Yagize ati “Ubu mwahindutse ndetse mwageze ku rundi rwego. Mugomba gukoresha iyo mpinduka mwagezeho muharanira ibyiza haba kuri mwe, imiryango yanyu n’ibihugu muturukamo.”

Muri rusange abahawe impamyabumenyi bose hamwe bo mu bihugu bitandukanye  byo mu Karere bagera 4,497.

MKUR itanga amasomo ajyanye n’Uburezi, Ubucuruzi, Siyansi mu Makuru n’Ikoranabuhanga (Sience In Information Technology), Itangazamakuru n’Itumanaho, Imibanire Mpuzamahanga, Ubujyanama mu by’Imitekerereze ya muntu, n’amasomo ajyanye n’Ubuvuzi ndetse n’Ubukerarugendo.

TUYISHIMIRE RAYMOND/UMUSEKE.RW

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Imirwano yahinduye isura mu nkengero za Point Zero

Amakuru yizewe aturuka mu misozi miremire y’i Mulenge, mu bice bya Minembwe,…

Wazalendo basubiranyemo babiri bahasiga ubuzima

Intambara mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) zikomeje guhindura…

Imyigaragambyo ku Kibuga cy’Indege cya Nairobi yatumye indege zitinda

Imyigaragambyo y’abakozi ku kibuga cy’indege gikuru cya Kenya, giherereye mu murwa mukuru…

Inyubako y’ubucuruzi mu Mujyi wa Gisenyi yahiye irakongoka n’ibyarimo byose

Inkongi y’umuriro yibasiye inyubako iherereye mu Murenge wa Gisenyi mu Karere ka…

Rugaju Reagan yasabye imbabazi mu genzi we Lorenzo nyuma y’ibyo yamutangajeho

Umunyamakuru Ndayishimiye Reagan uzwi nka Rugaju Reagan yasabye imbabazi ku butumwa yagaragayemo…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Leta ya DRC yemeje ko igiye gutanga umukandida muri OIF 

2 Min Read
Politike

Uwera Jean Maurice yashimiye Perezida Kagame ku cyizere yamugiriye

2 Min Read
Politike

Uganda: Umudepite wa NUP ya Bobi Wine yatawe muri yombi

2 Min Read
Politike

Perezida Mamadi Doumbouya yarahiye mu muhango witabiriwe na Perezida Kagame

4 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?