BINGWA NEWS
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
  • Politike
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Mu Rwanda
  • Inkuru Nyamukuru
  • Ubutabera
Wednesday, Mar 18, 2026
BINGWA NEWSBINGWA NEWS
Font ResizerAa
Search
Follow US
BINGWA NEWS > Blog > Politike > Ruhango: Umugabo yakubise mugenzi we ifuni

Ruhango: Umugabo yakubise mugenzi we ifuni

admin
Last updated: December 10, 2022 3:06 am
admin
Share
SHARE

Abaturage bo mu Mudugudu wa Ntungamo mu Kagari ka Kagenzi ho mu Murenge wa Ntongwe, barashinja Bimenyimana Paul gukubita Mbarubukeye Emmanuel  ifuni mu mutwe  bikamuviramo urupfu.

Ruhango ni mu ibara ritukura cyane

Amakuru bamwe mu baturage bahaye UMUSEKE avuga ko Bimenyimana Paul yiriranywe na mugenzi we  Mbarubukeye Emmanuel basangira inzoga, gusa ngo Mbarubukeye asuzumye asanga amafaranga 8500 yari afite yabuze.

Abo baturage batashatse ko amazina yabo atangazwa, bavuga ko  umugore wa Mbarubukeye yagiye kubaza uyu Bimenyimana Paul  niba ntayo yabonye aramukubita.

Bavuga ko  uyu mugore yatanze ikirego kwa Mudugudu, amusubiza ko icyo kibazo azagikemura mu gitondo bukeye.

Mbarubukeye amaze kumva ko Bimenyimana Paul yakubise umugore we, yagiye iwe kubimubaza aho kumusubiza, afata ifuni ayimukubita mu mutwe arapfa.

Abaturage bavuga ko Bimenyimana yahise acika nyuma aza gufatwa n’inzego zibishinzwe.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Ntongwe Nahayo Jean Marie yemeje aya makuru, avuga ko Bimenyimana Paul yicishije mugenzi we ifuni.

Nahayo yavuze ko bamufatiye mu Kagari ka Tambwe mu Murenge wa Ruhango ahunze.

Umurambo wa Mbarubukeye ukaba wajyanywe mu Bitaro by’Akarere bya Kinazi gukorerwa isuzuma nyuma y’uko inzego z’Ubugenzacyaha zahageze zigatangira iperereza.

Abaturage bavuga ko urupfu rw’uyu mugabo rwabaye saa mbili n’igice zijoro, mbere y’uko ujyanwa ku bitaro wari urinzwe n’abanyerondo.

MUHIZI ELISÉE

UMUSEKE.RW/Ruhango.

Share This Article
Facebook Twitter Copy Link Print
Leave a comment

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

Agezweho

Perezida Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti bimwe bibutera utwatsi

Perezida Donald Trump yasabye ubufasha Ibihugu by’inshuti za Leta Zunze Ubumwe za…

Abasirikare b’u Rwanda bari bagiye gutanga ubutabazi muri Jamaica bagarukanye ishema

Abasirikare mu Ngabo z’u Rwanda bari berecyeje muri Jamaica mu butumwa bw’ubutabazi…

Madagascar yashyizeho Minisitiri w’Intebe nyuma yo gusesa Guverinoma

Perezida wa Madagascar, Col. Michael Randrianirina yatangaje ko Mamitiana Rajaonarison ari we…

Kenya yemeje ko u Burusiya butazongera kujyana abenegihugu bayo mu ntambara yo muri Ukraine

Minisitiri w’Intebe wa Kenya akaba na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Musalia Mudavadi, yatangaje…

Igisasu cya Koreya ya Ruguru cyakangaranyije Koreya y’Epfo n’u Buyapani

Koreya ya Ruguru yarashe igisasu cyakangaranyije u Buyapani na Koreya y’Epfo. Hari…

- Kwamamaza -
Ad imageAd image

You Might Also Like

Politike

Perezida Kagame yaganiriye na Macron

1 Min Read
Politike

Perezida Kagame yakiriye anaganira n’abo mu Kigo cy’Ubwiteganyirize cya Kazakhstan

2 Min Read
Politike

Ingabo z’u Rwanda ziri mu Sudani y’Epfo zambitswe imidali y’ishimwe

2 Min Read
Politike

AFC/M23 igiye kurekura abasirikare 230 ba RDC

2 Min Read
  • Ahabanza
  • Mu mahanga
  • Imikino
  • Iyobokamana
  • Ubukungu
  • Ubutabera
BINGWA NEWS

Bingwa News 2024

BINGWA NEWS
BINGWA NEWS
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?